Yanditswe na Habimana Bonaventure
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango yasabye abakora umwuga w’itangazamakuru kuba umusingi wo gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore n’abagabo.
Byagarutsweho n’Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri, BATAMURIZA Mireille, kuri uyu wa kabiri tariki 29 Ugushyingo 2022 ubwo abanyamakuru batandukanye bagiranaga ibiganiro n’abayobozi bahagariye iyi minisitere.
Ni mu gihe kandi kuri ubu kandi Isi yose ikomeje iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Batamuriza yasabye banyamakuru kujya batanga amakuru arwanya iryo hohoterwa kuko aribo ndorerwamo ya benshi mu gukurikiranwa binyuze mu biganiro n’inkuru batangaza.
Yagize ati: " Itangazamakuru turashima uruhare mugira mu kwigisha abantu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Turabasaba rero kurushaho kudufasha kuryamagana kuko turabizi ko mubifiye ubushobozi"
Yakomeje asaba Abanyarwanda kujya bagana serivisi za One stop Center kuko ariho honyine babonera ubufasha bwizewe.
Batamuriza atanga urugero rw’uburyo abantu aho kugana uburyo bwa One Stop Center usanga bihutira kujya kubibwira abagize imiryango yabo, avuga ko iyo atari yo nzira ahubwo ko bakwiriye kujya bagana One Stop Center zibegereye zikabaha ubufasha bwihuse.
Ikiganiro cyahuje abahagarariye abanyamakuru cyanitabiriwe n’abafite umubare munini ubakurikira ku mbuga nkoranyambaga (Social media influencers).
Abakitabiriye bose basabwe kuba aba mbere mu gutangariza amakuru ku gihe kuko ari imboni ya benshi, ariko bakabitangaza kinyamwuga.
Muri ibi biganiro, Madamu Batamuliza yashimiye itangazamakuru ku ruhare rwaryo mu kumenyekanisha ibibera mu muryango, by’umwihariko ibibangamiye umuryango.


















