Mutungireh Samuel
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, tariki 14 Nyakanga 2021, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyizeho Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.
Ni minisiteri nshya ije nyamara raporo z’Ubushakashasi ku Bumwe n’Ubwiyunge mu Banyarwanda zihora zigaragaza ko buri ku gipimo kiza, aho iheruka ya 2020 yagaragaje ko bugeze kuri 94.7%.
Ni minisiteri izaba ifite inshingano zo kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, kubungabunga umurage w’amateka no gutoza uburere mboneragihugu.
Iyi Minisiteri izahuriza hamwe inshingano zari zifitwe na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) n’iza Komisiyo ishinzwe Ubumwe n’Ubwiyunge.
Yitezweho gufasha u Rwanda gukomeza kwimakaza ubumwe bw’abenihugu, kubika no kurinda amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gutoza urubyiruko indangagaciro z’uburere mboneragihugu.
Nk’uko bikunze kugenda kenshi, nyuma yo gutangaza ibyavuye mu nama y’abaminisitiri hakurikiraho ikiganiro n’itangazamakuru aho abaminisitiri barebwa n’imyanzuro mishya yavuyemo basobanurira abanyamakuru ibikubiye mu myanzuro mishya ifite ingaruka ziremereye ku baturage, abanyamakuru nabo bakabaza ibibazo cyane bijyanye n’ibyo abaturage baba babatumye kuri iyo myanzuro.
Hategerejwe kandi kumenya abanyapolitiki bazashingwa iyi minisiteri n’abandi bakozi bayo nk’uko izindi minisieri zibafite mu mirimo ya buri munsi.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu ibaye Minisiteri ya 20 mu zigize Guverinoma. Ije isanga izindi zirimo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN)na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).
Hari kandi Minisiteri y’Ubuzima (Minisante), Minisiteri y’Ingabo (Minadef), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT), Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco (MINIYOUTH), Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS), Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET).
U Rwanda kandi rufite izindi Minisiteri zirimo Minisiteri y’Ibidukikije (MoE), Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF).















