Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Hoteli 3 zo mu karere ka Musanze zafunzwe bitewe nabanu 5 basanganwe Coronavirus bazinyuzemo

Monday 15 June 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Amakuru ava mu Karere ka Musanze aravuga ko hari hoteli eshatu zafunzwe, abakozi bazo bashyirwa mu kato ndetse barapimwa nyuma y’uko hari abantu batanu basanzwemo icyorezo cya Coronavirus kandi barahanyuze.

Umuyobozi w’aka Karere yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko bari gushakisha ababa barahuye na bariya bantu kugira ngo bashyirwe mu kato batanduza abandi.

Amakuru avuga ko hari abantu batanu basanzwemo COVID-19 kandi baranyuze muri hoteli 3 zo mu Karere ka Musanze.

Ngo bahanyuze ku tariki ya 5 – 6 Kamena 2020.

Inzego z’umutekano zahawe amabwiriza yo kuba zifunze ziriya hoteli, abakozi babo bagapimwa, no gukorerwa irindi genzura ryimbitse kugira ngo zongere kwemererwa gukora.

Umuyobizi w’Akerere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yemeza ko hari abantu basanzwemo Covid-19 kandi baranyuze i Musanze.

Avuga ko icyatangiye gukorwa ari ugushaka abahuye n’aba bantu kugira ngo na bo bapimwe, kugira ngo hirindwe ikwirakwira ry’icyorezo.

Ku mugoroba wo ku wa gatandatu ni bwo mu Rwanda hagaragaye umubare munini w’abanduye Coronavirus kuva yahavugwa tariki 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abanduye COVID-19 mu masaha 24 ashize ari 31 b’i Rusizi na Rusumo.

Bariya bantu batangajwe tariki 13 Kamena 2020, batumye umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku bantu 541, abamaze gukira COVID-19 ni 332 barimo 11 bakize mu masaha 24 ashize, iki cyorezo kimaze guhitana abantu babiri.

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima,Dr Nsanzimana yabwiye ikinyamakuru IGIHE uyu munsi ko abantu bashya banduye coronavirus nubwo ari benshi, aho baturutse hazwi gusa asaba abanyarwanda kudakomeza kwirara,

Yagize ati “Nko mu karere ka Rusizi hari umubare mwinshi w’Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barakirwa ndetse bashyirwa ahantu habugenewe baranapimwa, aba bafite uruhare runini rw’abantu batangajwe ejo, ni kimwe na Kirehe aho dusanzwe tubona abatwara imodoka zambukiranya impika zitwara ibicuruzwa.”

Dr Nsanzimana yakomeje avuga ko nubwo imibare y’abanduye ari myinshi idakwiriye gutera abantu ubwoba nubwo ntawe ukwiriye kwirara

Ati “Nubwo ari iyi mibare ari myinshi ariko ntikwiye gutera abantu ubwoba, gusa na none ntikwiye gutuma abantu birara ngo bavuge ko ari Rusizi cyangwa Rusumo kuko iki cyorezo cyagera aho ariho hose. Mu minsi 15 ishize nta muntu wari uzi ko Rusizi twahagira ikibazo turimo guhangana nacyo, aho waba uri hose ugomba kumenya ko wirinda kuko ntuba uzi uwaba afite ubwo burwayi aho aba yaraturutse.”

Nta gikuba cyacitse kubera umubare w’ejo, ariko ni no kudukangura ko coronavirus ntaho yagiye, abantu bakomeze bambare agapfumunwa neza, bakarabe intoki kandi basige intera hagati yabo”.

Dr Nsanzimana yavuze ko ikindi kirimo gutuma imibare irushaho kuzamuka, ari ibipimo byinshi birimo gufatwa kuko ubu basigaye barenza ibihumbi bibiri ku munsi.

Agaragaza ko gupima abantu benshi bitanga amahirwe yo kubona abafite uburwayi.

RBC igaragaza ko kugeza ubu mu karere Rusizi ariho bashyize ingufu mu minsi 10 ishize aho boherejeyo amatsinda y’abantu ngo bafashe ku bushobozi buhanzwe.

Yagaragaje ko gupima abantu muri aka karere bikomeje gutanga umusaruro, aho abarenga ibihumbi birindwi bamaze gupimwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru