Tuesday . 17 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Huye: Umuturage yakomekejwe bikomeye nabo akeka ko ari abanyerondo

Friday 16 January 2026
    Yasomwe na

Niyigaba Jean Claude arasaba kurenganurwa ni nyuma yaho atenzwe nabo avuga ko ari abanyerondo bakamukoretsa bikomeye.

Niyigaba Jean Claude ukorera mu karere ka Huye umurenge wa Tumba akagari ka Cyarwa umudugudu w’Agateme mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere yatezwe nabo avuga ko ari abanyerondo baramukomeretsa bikomeye.

Ati “Narindi mu nzira ndimo gutaha mpura n’abanyerondo batonze umurongo bambaye n’impuzankano ngizengo ndakata mu nzira nyuramo ntaha baba baranyatatse batangira kumbaza ibyangombwa, ngira ngo ni ibisanzwe, ubwo bamwe bakambwira ngo ninzane ibyo mfite byose, ubwo babibuze icyo batwara batangira kunkubita inkoni, nataka bakanjombagura amafundo y’inkoni ubundi umwe avamo aba ankubise umupanga mu mutwe mpita ngwa hasi”.

Yongeyeho ko ubu ubuzima busa nubwahagaze kuko yari atunzwe no gushakisha none akaba asaba ko aba bamugiriye nabi bakurikiranwa byaba na ngombwa bakamuvuza kuko kugeza ubu no kwivuza biri kumugora”.

Tuyizere Sidras ni umwe mubakorana na Niyigaba yavuze ko ibi bintu biteye inkeke kubona umuntu atengwa n’abantu bakamukoretsa hafi yo kumwica agasaba ko aba bakekwaho kumugirira nabi bakurikiranwa bagakanirwa urubakwiye kandi bakanavuza uwo bakomerekeje.

Ati” Birashoboka ko yaba ari abanyerondo kuko izo saha ni kare hagati ya saa tatu na saa yine rwose buba butarira kuko nta mabandi agenda izo saha kuko abantu baba bakigenda n’abandi batararyama rero icyo namusabira nuko aba bamugiriye nabi bakurikirwa bafatwa bakabiryozwa”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi avuga ko kugeza ubu hari batatu bamaze gutabwa muri yombi bacyekwamo ubu bugizi bwa nabi.

Ati“Nibyo koko amakuru Polisi yarayemenye muri iri joro ryakeye polisi yafashe batatu bacyekwaho gukomeretsa uyu muturage ubu bakaba bafungiye kuri sitatiyo ya polisi ya Ngoma mu gihe hatangiye iperereza”.

Mu bice by’umurenge wa Tumba w’akarere ka Huye abaturage bakunze kugaragariza itangazamakuru ko hari bamwe mu banyerondo bakunze kwishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bagasaba ko hakorwa ubugenzuzi bwimbitse n’inzego bireba kuri iki kibazo kuko kibangayikishije.

Moise Munyaneza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru