Intambara Uburusiya bwashoje kuri Ukraine buyiziza gushaka kujya mu Muryango w’Ubutabazi wa NATO, ufatwa nk’umwanzi ukomeye w’iki gihugu, imaze kugwamo abatari bake ndetse amamiliyoni y’abaturage ba Ukraine yahunze igihugu cyabo abandi bari kugwa mu mirwano kuko babuze aho banyura bahunga ibitero bikomeye by’Uburusiya biri kwisuka ku migi itandukanye.
Kuri uyu wa Mbere byatangajwe ko abantu 7 baguye mu bitero bikomeye abandi 11 barakomereka bikomeye ubwo Uburusiya bwarasaga ibisasu ku nyubako zitandukanye mu Mujyi wa Lviv, uherereye mu Burengerazuba ahegera igihugu cya Pologne. Ni umugi wari utarahura n’uruva gusenya ku bitero by’Uburusiya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, amashusho yashyizwe hanze n’ibitangazamakuru mpuzamahanag bitandukanye, yerekanye ibifaru bikomeye by’ingabo z’Uburusiya binyura mu mihanda aho byasenye bikomeye inyubako zitandukanye zijya hasi, ibikorwa remezo byose birangirika mu mujyi wa Lviv.
Amashusho yagaragaje kandi abatabazi bazimya umuriro ukomeye wangije inyubako zitandukanye.
Abayobozi ba Ukraine bavuze ko ibitero muri uyu mugi byibanze ahantu hane, hatatu muri ho hakaba ari ahari ibikorwa remezo bya gisirikare, ahandi hamwe ari iduka ry’amapine y’ibinyabiziga hose hakaba hangijwe bikomeye, nk’uko umuyobozi wa Lviv, Andriy Sadovyi yabitangarije itanagzamakuru. Mu byangijwe harimo imodoka 40 zangijwe bikomeye.



















