Nyuma y’uko Amavubi atitwaye neza mu mikino yashakagamo itike y’igikombe cy’isi. Ku ngoma y’umutoza ADEL AMOUROUCHE ibi byatumye FERWAFA isohora itangazo rihagarika uyu munya Algeria ndetse kandi andi makuru ahari nuko yagiye agasiga iyi kipe nta ruhushya ahawe bivugwa ko yaragiye gushaka abakinnyi bakina ku mugabane w’Uburayi.
Ibi bije n’ubundi hari umubare w’abanyarwanda benshi batishimiye guhabwa inshingano zo kuyobora ikipe y’igihugu k’uyu mutoza, aho bavuga ko habayeho kwihuta gusezerera umutoza ya Frank Tortsen Spittler wari wagerageje gufasha Amavubi agasezererwa ku buryo abenshi bise ko butari busobanutse.
Adel Amouruche yirukanywe amaze gutoza imikino 6 yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, muri iyo mikino 6 yatsinzwemo 4 atsinda 1 anganya 1 ibi byose rero byatumye atishimirwa n’abakunzi b’ikipe y’igihugu.
Uyu mutoza kandi icyo wamenya ni umutoza ufite izina ku mugabane w’Africa mu bijyanye n’ubutoza kuko yatoje amwe mu makipe akomeye harimo na Tanzania aheruka kujyana mu gikombe cy’Africa mbere yuko aza gutoza Amavubi, kandi yatoje andi makipe yo muri Africa y’Uburasirazuba nk’ikipe y’U Burundi ndetse na Kenya.
Ayo ni amakipe y’ibihugu naho amakipe asanzwe arimo USM ALGER yiwabo na DC Motema Pembe, ubu akaba yamaze gutandukana n’Amavubi nta tike nimwe ayasigiye kuko twasoje amatsinda tubanziriza Zimbabwe.
























