Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira bijyanye n’ubukwe byasubukuwe

Tuesday 1 June 2021
    Yasomwe na

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wa tariki ya 31/5/2021 iyobowe na Perezida Paul Kagame birimo ko Imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira bijyanye n’ubukwe birasubukuwe.

Nubwo iyo mihango yasubukuwe ariko ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 30.

Icyakora, iyo byabereye muri hoteli, ahandi hantu hagenewe imyidagaduro cyangwa mu busitani, ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye, kandi berekanye ko bipimishije COVID-19. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu.

Iki kemezo gishobora kwakirwa na yombi mu mitima y’abagiye kurushinga kuko bari baragowe n’uko bamaraga kuva gusezerana ku murenge no mu nsengero ntibagire uburenganzira bwo kugira ahandi baca ngo biyakire.

Ibindi byinshi bijyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19 byagumye uko byari biri n’utubari dukomeza gufunga mu gihe ibijyanye n’imikino y’amahirwe bizagenda bisubukurwa buhoro buhoro hagendewe ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru