Mutungirehe Samuel
Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma y’u Rwanda itegerejweho kwemeza abantu 70 nk’intwari z’Ingenzi ziyongera ku bindi byiciro by’Intwari igihugu gisanganywe.
Urwegu rw’igihugu ruahinzwe gutanga imidari n’impeta CHENO, rwatangaje ko hari amazina yavuye mu bushakashatsi bwimbitse bwakozwe kuva mu 2014 kugeza mu 2020 akaba ari nayo azasabirwa kuvamo Intwari z’Ingenzi abandi bagahabwa imidari n’impeta z’ishimwe.
Kugeza ubu mu Rwanda hari ibyiciro bitatu by’intwari muri byi bibiri bikaba bifite amazina y’izo Ntwari usibye ikiciro k’Ingenzi kitarabona abakijyamo.
Intwari z’Ingenzi zisobanurwa nk’Umuntu ufite ibitekerezo byiza cyangwa se ibikorwa by’Indashyikirwa birangwa n’ubwitange, bifite akamaro kanini kandi biri ku rwego rwo hejuru.
Intwari z’Imanzi ari nazo ziri ku rwego rwo hejuru zirimo Maj. Gen. Fred Gisa hamwe n’Umusirikare utazwi, ikiciro k’Intwari z’Imena kirimo benshi barimo Abanyeshuri b’Inyange, Umwami Mutara III Rudahigwa n’izindi ntwari.
Ubusanzwe Inama y’Abaminisitiri iterana mu mpera za buri kwezi keretse igihe iteranye mu buryo budasanzwe.

















