Ikibazo k’inda ziterwa abangavu gikomeje kwiyongera, inda z’imburagihe mu bangavu ubu zigeze kuri 5.2% (2020).
Byagarutswehi mu kiganiro cyateguwe n’Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko baharanira imibereho myiza y’abaturage n’iterambere (RPRPDRwanda) cyabaye kuri uyu wa kabiri, cyari kigamije kurebera hamwe uruhare rw’inzego zitandukanye mu guteza imbere serivisi z’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko.
Kitabiriwe na Dr. Mbonimana, Perezida w’Ihuriro RPRPDRwanda, na SolangeTetero Umukozi wa Minisiteri y’Urubyiruko n’umuvo, na Sylvie Uwimbabazi, Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi na Mukamana Beatrice waturutse mu Igo k’Igihugu cy’Ubuzima (RBC).
Bagarutse ku bibazo binyuranye urubyiruko ruhura na byo bishingiye ku buzima bw’imyororekere bigaragara mu rubyiruko, birimo inda z’imburagihe, ubwandu bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina harimo na virusi itera Sida n’ibindi, nk’uko byagiye bigaragazwa n’ubushakashatsi bitandukanye bwakozwe.
Usibye ikibazo k’inda ziterwa abangavu, mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15-19, ubwandu bwa Virusi itera Sida ni 0.4% mu bahungu na 0.8% mu bakobwa. Ku myaka 20-24 ni 0.6% mu bahungu na 1.8% mu bakobwa. Ku myaka 25-29 ni 1.3% mu bahungu na 3.4% mu bakobwa.

















