Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

India: Umwana w’umuhungu w’imyaka 7 yasanzwemo amenyo 526

Thursday 1 August 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na: Imfurayabo Pierre Romeo

Umwana w’umuhungu witwa Ravindran ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde, umuganga yamukuyemo amenyo 526 nyuma yuko uyu mwana yari yagaragaje imiterere idasanzwe yariri kugenda ihindagurika ku munwa we kuva ubwo yari afite imyaka itatu.

Ubucukumbuzi bwakozwe n’abaganga bwagaragaje ko aya menyo yakuwe mwitama ry’uyu mwana ryari rimaze kugira ubunini budasanzwe. Umuganga wavuye Ravindran, akaba yavuze ko ubu ari bumwe mu buvuzi bw’ihariye bakoze kuva mu myaka nk’icumi ishize.

Ubu buvuzi abenshi twita kubagwa mu Kinyarwanda, bwakozwe n’abahanga mu kubaga bo muri Kaminuza Chennai’s Saveetha Dental College Hospital hano mu gihugu cy’ubuhinde.

Dr Senthilnathan umwe mu baganga bakoze ubu buvuzi akaba ari nawe wayoboye iyi operation cyangwa iki gikorwa, aganira n’itangazamakuru yagize ati “ Twafunguye itama rye ryari rimaze kugira ubunini bukabije, ariko twabanje kumutera ikinya nubwo cyabanje kugorana kumufata, ariko bavandi, ntimwakumva ibyo twahise tubona mo imbere y’itama”.

Yongeyeho ko amenyo bamusanzemo yose hamwe yapimaga byibura garama 200 gusa kikaba ari igikorwa cyakoranywe ubwitonzi ku buryo byagenze neza.

Dr Pratibha Ramani, nawe wari mu baganga bayoboye iki gikorwa cyo kubaga uyu mwana w’umuhungu, yabwiye The times of india, ikinyamakuru cyandikirwa mu buhinde ko amenyo bamukuyemo yarafite ubunini butandukanye muri make atareshyaga, gusa akaba yarafite uburebure buri hagati ya milimetero 0.1 kugeza kuri milimetero 15.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru