Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Muri Indonesia, kuri uyu wa Kabiri Inteko Ishinga Amategeko yatoye itegeko rihana umuntu wese ukora imibonano mpuzabitsina mbere yo gushyingirwa, aho azajya afungwa igihe kigera ku mwaka, ndetse n’abaca inyuma abo bashakanye bakaba bazajya babihanirwa.
Ni itegeko rizanagira ingaruka ku bakerarugendo basura icyo gihugu, aho umuntu yemerewe kuryamana n’uwo bashakanye byemewe n’amategeko. Ni itegeko ririmo n’ibindi bihano nko gutuka Perezida cyangwa gutuka Imana n’ibindi bintu bitagatifu.
Nubwo bimeze bityo ariko, amakuru dukesha Igihe avuga ko, imiryango irengera uburenganzira bwa muntu yamaganye iryo tegeko, ivuga ko rizibasira cyane cyane abagore batuye icyo gihugu kigizwe na miliyoni 270 z’abaturage.
Mu itegeko rishya, mu gihe abana bishyingiye ababyeyi bategekwa kujya kubimenyesha inzego z’ubuyobozi, bagahanwa bazira gukora imibonano mpuzabitsina batabyemerewe.
Mu gihe umwe mu bashakanye aciye undi inyuma, mugenzi we yemerewe kumujyana mu nkiko agahanwa aho ashobora guhabwa igifungo kigera ku mwaka. Ababana batarashakanye byemewe bazajya bahanishwa igifungo kigera ku mezi atandatu.





















