Friday . 3 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Ingengo y’imali ya 2025-26 igeze kuri 65% ikoreshwa.

Tuesday 17 February 2026
    Yasomwe na

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ingengo y’Imari yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko muri Kamena 2025 imaze gukoreshwa ku rugero rwa 65%, mu gihe hari gukorwa ivugurura ryo kongera amafaranga ku bikorwa bimwe no kuyagabanya ku bindi.

Iyo ngengo yari yarateganyijwe yari miliyari 7.032,5 Frw, ariko ubu harasabwa ko igabanywaho miliyari 80,4 Frw, ikagera kuri miliyari 6.959,1 Frw. Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari (Nyakanga–Nzeri 2025), amafaranga yinjiye mu isanduku ya Leta yageze kuri miliyari 1.156,6 Frw, yegera cyane miliyari 1.157,2 Frw zari zitezwe.

Kugeza mu ntangiriro za Gashyantare 2026, 65% by’ingengo yose byari bimaze gukoreshwa, bikaba bitanga icyizere ko izarangira ikoreshwa uko yakabaye mbere y’uko umwaka urangira muri Kamena.

Mu buhinzi, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko mu gihembwe cy’ihinga 2026 A hatanzwe toni 4.162 z’imbuto z’indobanure (ibigori, ingano na soya) na toni 50.452 z’ifumbire mvaruganda. Hanongerewe ubuso bwuhirwa, aho imirimo yo guteza imbere ibyanya bya Mahama I na II mu Karere ka Kirehe igeze kuri 75%. Hishingiwe kandi hegitari 14.783 z’ibihingwa, inka 16.152 n’amatungo magufi arenga 96.000.

Mu rwego rw’inganda, inganda zitunganya amata zakiriye litiro 50.176.743, ziruta izari ziteganyijwe. Ku byoherezwa mu mahanga, ikawa yinjije miliyoni 104,6$, icyayi miliyoni 49,5$, indabo miliyoni 3,1$, naho imbuto n’imboga miliyoni 53,2$.

Mu bikorwa remezo, imihanda itandukanye iri kuvugururwa no kubakwa. Umuhanda Ngoma–Ramiro (52,8 km) ugeze kuri 70%, Base–Butaro–Kidaho (63 km) ugeze kuri 56%, Nyagatare–Rwempasha (18 km) na Nyagatare–Rukomo bigeze kuri 70%. Imihanda y’imihahirano irimo iyo mu Karere ka Rutsiro (41 km) igeze kuri 85,2%, iya Karongi (14,5 km) kuri 84%, Nyacyonga–Mukoto kuri 54,5%, na Nyagisozi–Remera–Nshili kuri 14,6%.


Imihanda ya kaburimbo nayo yahawe umwihariko.

Mu rwego rw’ingufu, ingo 34.587 n’ibigo 35 byahawe amashanyarazi akomoka ku muyoboro mugari, mu gihe izindi ngo 8.202 zahawe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba. Kubaka urugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga MW 43,5 bigeze kuri 60%.

Mu mazi, imiyoboro ya Nyamagabe (64 km) igeze kuri 29%, iya Gisagara (312 km) kuri 70%, naho gusana indi miyoboro ya kilometero 55 mu turere 13 bigeze kuri 79,3%.


Urugomero rwa Nyabarongo II ni kimwe mu bizibandwaho mu ngengo y’imari ivuguruye.

Mu miturire, kubaka inzu 548 za Batsinda Heza Estate mu Karere ka Gasabo bigeze kuri 20,9%, naho umudugudu wa Nyabisindu (inzu 1.639) ugeze kuri 4,5%.

Mu burezi, abarimu 2.654 bahawe akazi, abandi 300 bahabwa buruse. Kubaka TTC zirindwi bigeze kuri 69%, naho kwagura Rwanda Coding Academy bigeze kuri 72%.

Mu buzima, kuvugurura ibitaro bya Masaka ngo bibe ibitaro bya Kaminuza bigeze kuri 98%. Abantu 4.497 bafite indwara zitandura batangiye gukurikiranwa, kandi ibigo nderabuzima 320 byatangiye gukoresha uburyo bwa Electronic Medical Records.

Muri gahunda z’imibereho myiza, imiryango 8.060 yahawe akazi muri VUP isaba ingufu, 40.743 muri ePW, naho 105.568 bahabwa inkunga y’ingoboka. Abana 7.407 bahawe amata, 117.512 bari munsi y’imyaka ibiri n’ababyeyi 44.944 bahabwa ibiribwa bikungahaye ku ntungamubiri.

Mu kurengera ibidukikije, gutunganya ibishanga bya Gikondo, Nyabugogo, Kibumba na Rugenge–Rwintare bigeze kuri 78%, hatangwa n’amashyiga arondereza 76.869.

Mu butabera, abunzi bakiriye imanza 4.777, muri zo 94,7% zarakemuwe. Abafasha mu by’amategeko bakiriye 7.131, zirimo 95% zamaze gukemurwa. Hanagarujwe miliyoni 300 Frw y’umutungo wa Leta wari waranyerejwe.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru