Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yanenze cyane ibyemezo by’inteko ishinga amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi bwasabye u Rwanda kurekura byihuse Umunyarwanda akaba afite n’Ubwenegihugu bw’Ububiligi, ivuga ko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Uyu munsi ni bwo inteko ishinga amategeko imitwe yombi yagezwagaho umushinga w’imyanzuro wakozwe na Komisiyo z’imitwe yombi z’ubutwererane n’ububanyi n’amahanga.
Uyu mushinga urimo ibitekerezo binenga umwanzuro w’inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.
Bavuze ko iyo myanzuro basanze yuzuyemo ibinyoma, kunena imikorere y’inzego z’u Rwanda, kuvogera imikorere y’inkiko z’u Rwanda ndetse no guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibitekerezo batanze byibanze ku kugaragaza ko umwanzuro w’inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi usaba u Rwanda kurekura Rusesabagina Paul ari umwanzuro urimo agasuzuguro no kwirengagiza abaturage b’i Nyabimata mu karere ka Nyaruguru bagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe wa FLN, ibintu na Rusesabagina ubwe yiyemerera n’abo bafunganywe.
Aba baturage kandi bamaze ko kugaragariza urukiko ruburanisha Rusesabagina n’abo bareganwa ko bzaregera indishyi, ku byabo n’ababo baburiye ubuzima muri ibyo bitero mu bihe biyandukanye.

















