Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Intumwa z’u Rwanda na RDCongo zigiye kongera guhurira i Luanda

Friday 23 August 2024
    Yasomwe na

Biteganyijwe ko mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa nzeri, intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’iz’u Rwanda, zizongera guhurira mu biganiro i Luanda muri Angola.

Radio Okapi ivuga ko ibi biganiro biteganyijwe ku matari ya 9 na 10 Nzeri 2024, bigamije kwemeranya amahoro mu burasirazuba bwa Congo no gukuraho umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi.

Ibiganiro nk’ibi byaherukaga kuba mu minsi ya vuba, tariki ya 21 Kanama 2024 bikamara iminsi 2 gusa ntihatangazwa imyanzuro yafatiwe muri ibyo biganiro.

Ibi biganiro bigiye kongera kuba,bizayoborwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António, byitabirirwe na Thérèse Kayikwamba Wagner , Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane wa Congo ndestse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’U Rwanda , Olivier Nduhungirehe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru