Yanditswe na ndayambaje Jean Claude
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Diyoseze Gatolika, INES Ruhengeri ryabonye umuyobozi mushya Padiri A. Dr Jean Bosco Baribeshya, wasimbuye Abbé Dr. Hagenimana Fabien wari umuze igihe kinini ayoboye ariyoboye.
A. Dr Jean Bosco Baribeshya yagizwe Vice Chancellor wa Ines Ruhengeri akaba yari asanzwe ari Umuyobozi wa Seminari ntoya ya Nkumba mu Karere ka Burera muri Diyoseze ya Ruhengeri, akaba yari amazeyo igihe kirekire.
A. Dr Jean Bosco Baribeshya wagizwe umuyobozi mushya wa Ines Ruhengeri
A. Dr Fabien Hagenimana wasimbuwe kuri uyu mwanya nawe yari yabugiyeho asimbuye Abbé Dr Niyibizi Déogratias wahawe gukomereza ubutumwa i Roma ku Mugabane w’i Burayi, nawe ashobora kuba yoherejwe mu bundi butumwa nkuko bisanzwe mu mahame agenga Kiliziya Gatolika.
Kuba umuyobozi yahindurirwa inshingano muri kiliziya ni ibintu bisanzwe, kuko muri Kiliziya Gatorika hari igihe kigera ukaba wahindurirwa aho ukorera ubutumwa. Iyo habaye impinduka, ugenda ako kanya nkuko ariko biba byagenywe.
























