Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Israel igiye guhambiriza Abakongomani

Friday 9 September 2022
    Yasomwe na

Urukiko rukuru rw’i Yeruzalemu rwatangaje ko Leta igiye kwirukana ku butaka bwayo abaturage bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo babayo mu buryo budakurikije amategeko.

Ni umwanzuro urukiko rwatangaje ko uzashyirwa mu bikorwa bitarenze tariki ya 8 Ukuboza 2022.

Birareba kandi n’abateremerewe kuhaba nk’impunzi.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko hari abaturage 225 bari muri Israel bahageze bavuga ko bahunze ibice birimo imirwano mu gihugu cyabo.

Israel ivuga ko abo baturage batazurizwa indege ku ngufu ngo basubizwe iwabo mu gihe cyose amadosiye yabo asaba guhabwa uburenganzira bwo kuba impunzi atarasuzumwa ngo yemezwe cyangwa se yangwe.

Muri rusange, abaturage 400 bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo nibo baba muri Israel.

Bari mu byiciro byose by’imyaka y’ubukure.

N’ubwo urukiko rwemeje ko bariya bantu batagomba gushushubikanywa ngo basubizwe iwabo ibyabo bitabanje gusuzumwa, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri Israel witwa Ayelet Shaked we yari yategetse ko bahambirizwa bakagenda bitarenze iminsi 30.

Umucamanza witwa David Gidoni yanenze iki cyemezo cya Shaked avuga ko kitari gishyize mu mu gaciro.

Iki cyemezo cye kandi cyamaganiwe kure n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, bavugaga ko hari abantu benshi bakomoka muri DRC barebwaga n’icyemezo cya Shaked kandi mu by’ukuri bari bamaze igihe kirekire muri Israel.

Shaked kandi anengwa ko yari yanzuye ko biriya bikorwa ariko agafata icyemezo atarabona igisubizo yari yatse muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru