Tuesday . 17 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Israel iremeza ko ibiganiro byose bya USA na Iran bigomba kubamo gusenya inganda za Nikleyeri

Monday 16 February 2026
    Yasomwe na

Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yatangaje ku cyumweru ko yabwiye Perezida wa Amerika, Donald Trump, ko amasezerano ayo ari yo yose hagati ya Amerika na Irani agomba kuba arimo gusenya burundu ibikorwa remezo bya nikleyeri bya Irani.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ngarukamwaka y’abaperezida b’imiryango y’Abayahudi bo muri Amerika, Netanyahu yavuze ko Isiraheli igomba “kurangiza akazi” ko gusenya imiyoboro yose y’ikuzimu izwi nka tunnels muri Gaza. Yagaragaje ko Isiraheli imaze gusenya ibirometero 150 mu birometero hafi 500 bivugwa ko bihari.

Hagati aho, hateganyijwe icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro hagati ya Amerika na Irani muri iki cyumweru. Ku ruhande rwa Irani, umudipolomate yatangaje ko igihugu cye cyifuza amasezerano ya nikleyeri na Amerika yatanga inyungu z’ubukungu ku mpande zombi.


Muri Kamena 2025, Israel yagabye ibitero bitandukanye muri Iran nayo isubirisha Missiles nyinshi.

Netanyahu yavuze ko adashyigikiye ayo masezerano mu buryo bwuzuye, ashimangira ko agomba kuba akubiyemo gukuraho burundu ibikoresho n’ibikorwa remezo byifashishwa mu gukungahaza uranium. Yagize ati: “Nta gahunda yo gukungahaza izemerwa — tuzasenya ibikoresho n’ibikorwa remezo bifasha mu gutegura intwaro za kirimbuzi.”

Irani na Amerika byongeye gutangira ibiganiro mu ntangiriro z’uku kwezi mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi umaze imyaka myinshi ku bijyanye na gahunda ya nikleyeri ya Tehran no kwirinda ko haduka indi ntambara.

Abayobozi ba Amerika babwiye Reuters ko igihugu cyohereje indi bwato y’intambara muri ako karere kandi ko hari n’ibikorwa bya gisirikare biteganyijwe mu gihe ibiganiro byananirana.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru