Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yatangaje ku cyumweru ko yabwiye Perezida wa Amerika, Donald Trump, ko amasezerano ayo ari yo yose hagati ya Amerika na Irani agomba kuba arimo gusenya burundu ibikorwa remezo bya nikleyeri bya Irani.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ngarukamwaka y’abaperezida b’imiryango y’Abayahudi bo muri Amerika, Netanyahu yavuze ko Isiraheli igomba “kurangiza akazi” ko gusenya imiyoboro yose y’ikuzimu izwi nka tunnels muri Gaza. Yagaragaje ko Isiraheli imaze gusenya ibirometero 150 mu birometero hafi 500 bivugwa ko bihari.
Hagati aho, hateganyijwe icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro hagati ya Amerika na Irani muri iki cyumweru. Ku ruhande rwa Irani, umudipolomate yatangaje ko igihugu cye cyifuza amasezerano ya nikleyeri na Amerika yatanga inyungu z’ubukungu ku mpande zombi.
Netanyahu yavuze ko adashyigikiye ayo masezerano mu buryo bwuzuye, ashimangira ko agomba kuba akubiyemo gukuraho burundu ibikoresho n’ibikorwa remezo byifashishwa mu gukungahaza uranium. Yagize ati: “Nta gahunda yo gukungahaza izemerwa — tuzasenya ibikoresho n’ibikorwa remezo bifasha mu gutegura intwaro za kirimbuzi.”
Irani na Amerika byongeye gutangira ibiganiro mu ntangiriro z’uku kwezi mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi umaze imyaka myinshi ku bijyanye na gahunda ya nikleyeri ya Tehran no kwirinda ko haduka indi ntambara.
Abayobozi ba Amerika babwiye Reuters ko igihugu cyohereje indi bwato y’intambara muri ako karere kandi ko hari n’ibikorwa bya gisirikare biteganyijwe mu gihe ibiganiro byananirana.
Chadadi Habimana
















