Ingabo za Sudani zahakanye ko ari zo zagabye igitero cyishe abantu ku bitaro bikomeye ku wa gatanu nijoro mu mujyi wo mu burengerazuba bw’igihugu ugenzurwa n’abarwanyi b’umutwe witwara gisirikare uhanganye nazo Rapid Support Forces (RSF) kuva muri Mata 2023.
Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko abantu 64, barimo abana 13, abaforomo babiri n’umuganga umwe, bapfiriye muri icyo gitero cyagabwe ku bitari binigishirizwamo bya el-Daein, naho abandi 89 barakomereka.
Yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa X ati: “Amaraso yamaze kumeneka bihagije,” anasaba impande zihanganye guhagarika intambara imaze imyaka hafi itatu itangiye.
RSF yavuze ko indege nto y’intambara itajyamo umupilote (drone) y’ingabo za leta yarashe kuri ibyo bitaro byo mu mujyi wa el-Daein, umurwa mukuru wa Leta ya East Darfur, kuri uwo munsi Abayisilamu bizihizagaho umunsi mukuru wa Eid.
Sudani yinjiye mu ntambara y’abenegihugu muri Mata (4) mu 2023, ubwo habaga ubushyamirane bukomeye bwo kurwanira ubutegetsi hagati y’ingabo za leta na RSF, impande zari zarigeze kuba ari abafatanyabikorwa nyuma yo gufata ubutegetsi binyuze muri coup d’Etat mu 2021.
Kuva icyo gihe, abantu barenga 150,000 bamaze gupfa muri iyo ntambara, naho abagera kuri miliyoni hafi 12 bavuye mu byabo, bangana hafi na kimwe cya gatatu cy’abaturage b’icyo gihugu.
Umuryango w’Abibumbye wavuze ko ayo ariyo yo makuba ya mbere akomeye cyane ku isi acyeneye ubutabazi bwihutirwa.
Chadadi Habimana
















