Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu ubutegetsi bwa Kinshasa bwagabye igitero cya Drones mu mujyi wa Goma nyuma y’iminsi hagabwa ibitero ku mirongo y’urugamba muri Kivu zombi.
Umuvugizi w’iryo huriro mu bya politiki, Lawrence Kanyuka yemeje ko izi drones za leta ya Kongo zikomeje kugaba ibitero mu bice bituwe cyane birimo Goma na Minembwe.
Amakuru avuga ko iki gitero cya Drone cyahitanye ubuzima bw’umukozi w’umuryango w’abibumbye ishami rishinzwe kwita ku bana UNICEF; Carine Buisset, dore ko inzu yabagamo ariyo yagabweho icyo gitero.
Mu minsi ishize ihuriro AFC/M23 ryari ryatangaje ko ibitero nkibi bya Drones byaguyemo uwari umuvugizi waryo mu bya gisirikari Lt. Col Willy Ngoma wiciwe hafi ya Rubaya muri Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
Imirwano ikomeje guhanganisha iri huriro na Leta ya RDC imaze imyaka isaga 5 yongeye kubura nyuma yuko mu 2013 umutwe wa M23 wari watsinzwe intambara ndetse abawugize bagahungira mu bihugu birimo u Rwanda.
Chadadi Habimana















