Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

KIGALI: UWARI KUMWE N’ ABAMBAYE GISIRIKARE BAVUYE KWIBA YARASHWE ARAPFA

Thursday 21 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Umugabo wari utwaye imodoka yari ivuye kwiba ibiryabarezi mu murenge wa Shyorongi yarasiwe mu murenge wa Kinyinya ahita yitaba Imana. Abaye umuntu wa 5 urasiwe mu mujyi wa Kigali akekwaho ubujura mu gihe kitarenze ukwezi kumwe.

Yarasiwe mu kagari ka Nzove mu murenge wa Kanyinya bivugwa ko bari bavuye kwiba mu murenge Shyorongi muri Rulindo aho abagabo batatu bari mu modoka bahishe plaque yayo kandi babiri bambaye imyenda ya gisirikare binjiye mu tubari tubiri turimo ibi byuma by’imikino y’amahirwe bita ‘Ibiryabarezi’ bakabyambura ba nyirabyo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Gorette, yavuze ko abaturage babwiye polisi ko abo bajura bari batatu ariko babiri bari bambaye gisirikare imodoka bakayiviramo mu nzira.

Yagize ati “Bagiye kwiba binjira ahantu mu iduka babona ikiryabarezi bati muduhe icyangombwa biyise abashinzwe umutekano, babiri bari bambaye imyenda ya gisirikare umwe iya gisivili bafite imodoka ariko bayisize amase kuri pulaki ku buryo itaboneka. Mu gihe abandi bagishaka icyangombwa baragiterura barakijyana baragenda bajya mu rindi duka nabwo bakora kwa kundi.”

Abaturage bavuga ko imodoka yageze mu Nzove, nyiri ukwibwa yamaze kumenyesha polisi ko hari imodoka imwibye ikaba iri kwerekeza mu mujyi wa Kigali.

Iyi modoka yageze mu Nzove ihasanga abashinzwe umutekano barayihagarika yanga guhagaragara, bayirasa amapine imodoka ikomeza kugenda , igeze imbere ihasanga imodoka ya polisi irayitambika, umushoferi wari utwaye ibyo biryabarezi avamo ariruka ahita araswa arapfa.

Uwarashwe yitwa Ntezurundi yari w’imyaka 30. Nyiri akabari kibwemo ibi biryabarezi wahise amenyesha polisi yitwa Nsaguye.

CIP Marie Goretti Umutesi avuga ko polisi iba idashaka kurasa abajura ahubwo iba ishaka kubafata ikabageza mu bucamanza ariko ngo iyo umujura yirutse cyangwa akarwanya inzego z’ umutekano araraswa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru