Kubera ubwiyongere bw’ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 muri Uganda, byatumye leya ifata ikemezo cyo gufunga amashuri yose kugeza no kuri Kaminuza ya Makerere, kimenyabose cyane muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ku munsi usoza icyumweru gishize ni bwo Perezida Yoweri Museni yatangaje ko amashuri yose na za kaminuza bigomba gufunga imiryango mu gihe cy’iminsi 42 guhera kuri uyu 7 Kamena, kubera itumbagira ry’imibare y’abanduye COVID-19.
Kuri uyu wa Mbere ni bwo Umuyobozi w’Akana kayobora kaminuza ya Makerere, Mrs. Lorna Magara yatangarije bagenzi be n’abanyeshuri bose b’iyi kaminuza ko bamaze kubahiriza ikemezo cy’umukuru w’igihugu Yoweri Kaguta Museveni cyo gufunga imiryango.
Gusa nubwo imiryango yabaye ifunzwe ariko ubuyobozi bwamenyesheje abakozi b’iyo kaminuza ko imirimo ya buri munsi izakomeza gukorwa n’abagera kuri 30% by anyobozi abandi bazakomeza gukora hifashishijwe ikoranabuhanga.

















