Mu karere ka kayonza mu murenge wa Rukara mu kagari ka Kawangire ikirombe cyishe umwana w’umusore warugiye gucukura amabuye y’agaciro.
Ibi byabaye kuri wa Mbere ubwo umwana witwa Loni wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye yajyaga mu kirombe gucukura amabuye ahazwi nka matini.
Bivugwa ko uyu mwana yaragiyemo muri iki kirombe ku nshuro ya mbere maze aza kugwirwa n’ibuye ryamanutse rimwikubita mu gituza ahita apfa. Abo bakoranaga mu kirombe bahise bahunze ari bwo byaje ku menyekana.
Iki kirombe mu busanzwe cyari cyarahatswe n’inzego za Leta ariko aba baturage bakaba bajyagayo mu buryo bwo kwiba aya mabuye. Mu busanzwe si ubwa mbere ibi bibaye, dore ko no mu minsi yashize nabwo iki kirombe cyivuganye abandi bantu babiri nabo bari baje kuhashaka aya mabuye.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba nawe yemeza aya makuru ko ari impamo ndetse akaba yaboneyeho gusaba abaturage kwitwararika no kubahiriza amategeko yanibukije aba baturage ko usibye kuba gucukura amabuye mu buryo butemewe bihanirwa ko binashyira ubuzima bwabo muu kaga.
HAKIZIMANA Fisto























