Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Kenya habonetse ubwoko bushya bwa virusi ya Covid-19

Friday 15 January 2021
    Yasomwe na

Mu gihugu cya Kenya habonetse ubundi bwoko bushya bwa coronavirus nk’uko bigaragazwa n’ibisubizo bya mbere byavuye mu bushakashatsi burimo gukorwa n’ikigo cy’ubushakashatsi mu buvuzi gikorana na leta, kitwa Kenya Medical Research Institute,(Kemri).

Ubwo bwoko Kenya yihariye, bwabonetse mu Majyepfo ashyira Iburasirazuba bw’igihugu ku bizamini byafashwe hagati y’ukwezi kwa gatandatu n’ukwezi kw’icumi, umwaka ushize, nk’uko byavuzwe na Kemri.

Hari hagikenewe gukorwa ubundi bushakashatsi kugira hamenyekane ingaruka z’ubwo bwoko bushyashya, nk’uko icyo kigo cyakomeje kibivuga.

Kugeza ubu muri Kenya harabarurwa hafi abantu 100.000 bamaze kwandura virusi ya Covid-19 n’abarenga 1.700 iyo ndwara imaze guhitana.

BBC dukesha iyi nkuru yakomeje ivuga ko hamaze iminsi kandi habonetse ubwoko bwihuta cyane mu kwandura, bwabonetse muri Africa y’epfo bumaze kuboneka no mu bindi bihugu bitatu byo muri Africa-Botswana igice gihana imbibe na Zambia na Gambia muri Africa y’Uburengerazuba nk’uko bivugwa n’ishami rya ONU rishinzwe ubuzima ku isi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru