Mutungirehe Samuel
Minisiteri y’’Ubuzima yatangaje ko yongeye gusubukura gahunda yo gutanga urukingo rwa COVID19 ku bafite imyaka 18 kuzamura, doze zose, guhera kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Nzeri 2021.
Ni nyuma yo kumara iminsi ine babwiwe ko gutanga urukingo rwa mbere ku bafite imyaka kuva kuri 18 kuzamura bibaye bisubitswe ku bashaka doze ya mbere, bagategerezaigihe hazabonekera izindi nkingo, keretse abahabwa doze ya kabiri.
Ku bari mu ntara hanze y’Umujyi wa Kigali bo ibikorwa byo gukingira byarakomeje.
Minisiteri yUbuzima yasobanuye yiyemeje ko buri munsi izajya irara itangarije Abanyarwanda aho site z’ikingira ziherereye.
Abashaka gukingirwa barasabwa kugera aho bafatira urukingo bitwaje ibyangombwa bibaranga.

















