Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, gifatanyije n’Umujyi wa Kigali bari gusuzuma Virusi ya Corona ku bantu 100 muri buri murenge wo mu turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali.
Ni igikorwa kirimo kubera mu mirenge 35 yo muri Kigali, kigakorerwa kuri site zitandukanye ziri ku muhanda.
Kigamije kureba uko ubwandu bwa COVID-19 buhagaze mu mugi mu gihe birimo kugaragara ko umubare munini w’abandura coronavirusi biganje mu Murwa mukuru Kigali.
Umuyobozi wa Gahunda y’Ikingira mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) witwa Dr. Hassan Sibomana, aherutse gutangaza ko u Rwanda rufite inkingo zakingira Covid-19 abaturage 70%, ku buryo igikenewe ari uko bitabira kwikingiza.
Kuri ubu u Rwanda rumaze gukingira byuzuye abaturage basaga 40% ku ntego ya 70%, ni ukuvuga abantu bose bafite hejuru y’imyaka 12 bagera muri miliyoni 9.1.


















