Ku mupaka uri hagati y’imijyi ya Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Kongo kwambuka byakomeje, gusuzuma Ebola byakajijwe kurushaho.
Ejo kuwa kane humvikanye inkuru mu bitangazamakuru ivuga ko umupaka wafunzwe mu gihe kigera ku masaha umunani guhera mu gitondo, bihagarika ubuzima n’imibereho y’abantu ibihumbi bawunyuraho ku mpande zombi.
BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ko umwe mu bakozi bashinzwe uyu mupaka avuga ko ku munsi unyurwaho n’abantu bari hagati ya 55,000 na 60,000.
Ubwoba ni bwose ko indwara ya Ebola, imaze kugaragara ku bantu bane mu mujyi wa Goma, yakwambuka uyu mupaka ikinjira muri Gisenyi kuko iyi mijyi ifatanye, uretse umupaka wubatswe n’ibihugu.
Ku mupaka uzwi nka ’petite barrière’, mu buryo bugaragara hongerewe imbaraga nyinshi mu gucunga ko buri muntu wese unyuze kuri uyu mupaka apimwe umuriro - kimwe mu bimenyetso bya Ebola - kandi akarabye intoki.
Uyu munsi, abaturage bambuka ni benshi cyane nk’ibisanzwe, kubera ko iyi mijyi yombi ishingiye cyane ku bikorwa by’ubuhahirane n’ubucuruzi hagati yayo.
Abaca ku mupaka bigaragara ko bishimiye gusuzumwa no gukaraba intoki mbere yo kwambuka nk’uko umunyamakuru wa BBC uri ku mupaka akomeza abitangaza.
Ebola imaze guhitana abantu barenga 1,800 mu gihe cy’umwaka umwe imaze yadutse nanone mu ntara ya Kivu ya ruguru ya repubulika ya demokarasi ya Kongo.
Inkuru dukesha BBC

















