Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ku myaka 24, Rosette Rugamba yinjiye mu Nama y’ubutegetsi y’ikigega Mpuzamahanga cyo kurengera ibinyabuzima

Wednesday 19 January 2022
    Yasomwe na

Rosette Chantal Rugamba, yabaye umwe mu bagore babiri binjiye ku kanama k’Ubutegetsi k’Ikigega Mpuzamahanga cyo Kurengera Ibidukikije, World Wildlife Fund for Nuture (WWF), hamwe n’Umunya-Kenyakazi Dr. Paula Kahumbu.

Uyu munyarwandakazi w’imyaka 24, asanzwe afite ikigo Songa Afroca gitwara ba mukerarugendo aho bashaka gutembera, anayobora kandi Hotel izwi nka Amakoro Songa Lodge yo mu karere ka Musanze.

Itangazo ry’uyu muryango WWF, ryasohotse kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Mutarama 2022, rigaragaza ko abo bagore babiri bashyizwe muri iyo nama y’ubutegetsi ku itariki ya 1 Mutarama 2022.

Uyu muryango wavuze ko intego zatumye iha uyu mwanya ukomeyeya abo bagore zirimo kwimakaza no kuzamura uruhare rw’umugore mu bugata ibyemezo.

Itangaza ryagize riti “Bizafasha sosiyete kubaka uburyo bwo kubungabunga ibidukikije ku isi bitarenze umwaka wa 2030 no kwimakaza uruhare rw’abagore mu ifatwa ry’ibyemezo.”

Chantal rygamba yashimye icyizere yagiriwe cyo kwinjira mu muryango nk’uwo ukomeye ku isi mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima n’ibidukikije muri rusange.

Yagize ati “Guhabwa inshingano mu Nama y’butegetsi ya WWF no amahirwe akomeye yo gukomeza gutanga umusanzu wanjye mu rugendo rugamije kurengera umugabane wacu no kubungabunga ahazaza h’ibidukikije n’ikiremwamuntu. Ntewe ishema kandi nshimishijwe no kwinjira muri uyu muryango.”

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango WWF Internationla, Marco Lambetini yishimiye guha ikaze Umunyarwandakazi Rosette Rugamba na mugenzi we Dr. Paul Kahumbu mu nama y’Ubutegetsi y’icyo kigo.

Yagize ati “Aba bayobozi basangiye kuba biyumvamo ibyo bakora mu bijyanye no kubungabuga urusobe rw’ibinyabuzima muri Afurika, ubukerarugendo burambye, kwita ku byanya bikomye n’uruhare rw’abaturage mu kubungabunga ibidukikije no kubaka ubushobozio bw’abagore.”

Yijeje ko abo bategarugori bashya binjiye muri ubwo buyobozi bazatanga umusanzu ukomeye mu gufasha imbaraga z’ikigo mu guteza imbere ihame ry’uburinganire bufatwa nk’inkingi ihamye y’iterambere ndetse no kugungabunga ibidukikije.

Ybayeho umuyobozi mukuru w’ikigo mbere mu Rwanda cyari gishinzwe ubukerarugendo, ORTPN, aza no kuba umuyobozi wungirije mu Rwego RDB mbere ikiri ku rwego rw’ikigo.

Dr. Paula Kahumbu

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru