Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kutagira iminara y’itumanaho byababereye imbogamizi mu kwirinda COVID-19

Wednesday 10 June 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Mu Kagari ka Kibyimba ko mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, hari igice kinini kitagerwaho n’umuyoboro w’itumanaho (connection) ku buryo telefone zidakora, bityo kudahanahana amafaranga mu ntoki hirindwa Covid-19 ntibishoboke.

Muri ako gace hari agasanteri k’ubucuruzi, ibiro by’akagari, ikigo cy’amashuri cya GS Kibyimba n’ibindi bikorwa remezo ku buryo haba hari abantu benshi, ariko itumanaho rya telefone rikaba ridashoboka, haba irya MTN cyangwa Airtel-Tigo.

Ibyo bibangamira abahatuye, by’umwihariko abahakorera ibikorwa by’ubucuruzi kuko kugira ngo umuntu ahamagare bimusaba kubanza gufata urugendo akurira umusozi, nk’uko Epiphanie Manirafasha uhacururiza abisobanura.

Agira ati “Hano ikibazo cya connection kiraturemereye, ntiduhamagarwa no kugira ngo mpamagare mbanza kurira umusozi. Nkanjye ucuruza birambangamiye kuko nk’ibwiriza ryo kutakira amafaranga mu ntoki ngo twirinde coronavirus sinaryubahiriza kimwe n’abandi bacuruzi, urumva ko haje amafaranga ariho ubwandu twese twahita twandura”.

Akomeza agira ati “Hagize nk’umuntu ukoherereza amafaranga ntubimenya, aho ubimenyeye ni ugutega ukajya i Buringa gushaka umu ‘agent’ ngo ubikuze kuko hano nta bahari bitewe na kwa kubura kwa connection. Ababishinzwe badufashe kuko telefone dutunze ni nk’aho ntacyo zitumariye”.

Uwitwa Habimana na we ati “Aha iterambere ryaratwihishe kubera kubura itumanaho, hari ubwo umuntu aza kugura ikintu yashaka kwishyura kuri Mobile Money ntibikunde akigendera, ayo nkaba ndayahombye, kandi biri no mu buryo bwo kwirinda covid-19. Twifuza ko badushyiriraho umunara natwe tukava ibuzimu”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi, Ndayisaba Aimable, na we yemeranya n’abo baturage, ngo akaba icyo kibazo yarakigejeje ku nzego zimukuriye kuko abona biteye impungenge.

Ati “Ikibazo kirahari kandi kidukomereye nubwo kitari ahantu hanini, ariko ahatari ihuzanzira rya telefoni (connection) ni ho hari ubuzima bw’akagari kuko hahurira abantu benshi. Hari santere y’ubucuruzi ya Kibaya, hari amashuri yisumbuye ndetse n’ibiro by’Akagari ka Kibyimba, aho hose itumanaho nta rihari”.

Yongeraho ati “Kuba abagura ibintu batabasha kwishyura bakoresheje ikoranabuhanga ni ikibazo kiduhangayikishije kuko nta bwirinzi bwa Coronavirus buhari buhagije. Turacyakoresha uburyo bwo guhana amafaranga mu ntoki kuko utabwira umucuruzi ngo ujye kumwishyurira hejuru iyo ku musozi, ikibazo twakigejeje ku nzego zo hejuru turategereje ko twafashwa kigakemuka”.

Mukagatana Fortunée, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho y’abaturage, avuga ko ikibazo cy’itumanaho muri ako gace kizwi kandi ko baganiriye n’ibigo by’itumanaho ngo bigikemure.

Inkuru dukesha Kigalitoday

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru