Ikipe ya Liverpool yatsinze Newcastle ibitego 3-2 mu mukino wabaye kuri uyu wa Mbere, bituma yongera kujya mu makipe atatu ataratsindwaho umukino n’umwe muri ibiri imaze kuba muri Shampiyona y’igihugu y’Ubwongereza ya 2025-2026.
Umukino wari watangiye saa tatu z’ijoro kuri stade ya Newcastle yitwa St James’ Park, ikipe ya Liverpool niyo yatangiye yinjira mu mukino aho ku munota wa 35’ Gravenberch yafungiye amazamu ku mupira yarahawe na Gakpo.
Mu minota yinyongera mu gice cya mbere ku munota wa 45+3 uwitwa Anthony Michael Gordon ukinira Newcastle yaje kubona ikarita y’umutuku, ibyaje gutuma ikipe ya Newcastle itaka icyizere cyo gutahana amanota atatu.
Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 46 uwitwa Hugo Ekitike yahise aterekamo igitego cya kabiri cya Liverpool, ku mupira nabwo watanzwe na Gakpo. Byakomeje guca intege ikipe ya Newcastle, ariko nayo yahise yishyura ibitego byose yarimaze gutsindwa, ibifashishwemo na Bruno Guimarães na William Osula.
Umukino ugiye kurangira ku munota wa ijana, mirongo icyenda isanzwe yari yarangiye, ku munota wa cumu w’inyongera nibwo Rio Ngumoha yatindiye Liverpool igitego cya gatatu ku mupira yahawe na Salah utabonye igitego muri uyu mukino. Umukino uhita urangira Newcstle itsindiwe ku kibuga cyayo na Liverpool ibitego 3-2.
Ibi byatumye ikipe ya Libverpool ihita ifata umwanya wa gatatu n’amanota 6, inganya na Arsenal ndetse Tottenham zose ziyirusha ibitego.






















