Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Liverpool byayisabye iminota 100 ngo itsinde Newcastle

Tuesday 26 August 2025
    Yasomwe na

Ikipe ya Liverpool yatsinze Newcastle ibitego 3-2 mu mukino wabaye kuri uyu wa Mbere, bituma yongera kujya mu makipe atatu ataratsindwaho umukino n’umwe muri ibiri imaze kuba muri Shampiyona y’igihugu y’Ubwongereza ya 2025-2026.


Ikipe ya Liverpool yatinze Newcastle ibitego 3-2.

Umukino wari watangiye saa tatu z’ijoro kuri stade ya Newcastle yitwa St James’ Park, ikipe ya Liverpool niyo yatangiye yinjira mu mukino aho ku munota wa 35’ Gravenberch yafungiye amazamu ku mupira yarahawe na Gakpo.


Liverpool yishimiye itsinzi.

Mu minota yinyongera mu gice cya mbere ku munota wa 45+3 uwitwa Anthony Michael Gordon ukinira Newcastle yaje kubona ikarita y’umutuku, ibyaje gutuma ikipe ya Newcastle itaka icyizere cyo gutahana amanota atatu.

Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 46 uwitwa Hugo Ekitike yahise aterekamo igitego cya kabiri cya Liverpool, ku mupira nabwo watanzwe na Gakpo. Byakomeje guca intege ikipe ya Newcastle, ariko nayo yahise yishyura ibitego byose yarimaze gutsindwa, ibifashishwemo na Bruno Guimarães na William Osula.


Ikipe ya Newcastle yaje kubona amahirwe yo kwishyura ibitego yari yatsinzwe, ariko ibura amahirwe yo gusoza umukino idatsinzwe kubera yari yanahawe ikarita itukura.

Bruno Guimarães watsindiye Newcastle igitego cya mbere.

Umukino ugiye kurangira ku munota wa ijana, mirongo icyenda isanzwe yari yarangiye, ku munota wa cumu w’inyongera nibwo Rio Ngumoha yatindiye Liverpool igitego cya gatatu ku mupira yahawe na Salah utabonye igitego muri uyu mukino. Umukino uhita urangira Newcstle itsindiwe ku kibuga cyayo na Liverpool ibitego 3-2.

Ibi byatumye ikipe ya Libverpool ihita ifata umwanya wa gatatu n’amanota 6, inganya na Arsenal ndetse Tottenham zose ziyirusha ibitego.

Valens NZABONIMANA

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.