Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Ku mugoroba wok u wa 28, nibwo indege 2 zakoze impanuka ziragongana byoroheje ku kibuga cy’indege cya Heathrow mu mujyi wa London mu Bwongereza.
Iyi mpanuka yabaye hagati y’indege 2, imwe ni iyo mu bwoko bwa Icelandair indi ni iya Korean Air, nk’uko byemejwe n’umuvugizi w’ikibuga cy’indege.
Umuvugizi Haethrow yavuze ko ntamuntu numwe wagiriyemo ikibazo, amenyesha ko iperereza ryatangiye gukorwa.
Yagize ati: “Ntamuntu numwe wakomerekeyemo, gusa haracyakorwa igenzura ngo bamenye ko abagenzi bose bameze neza kandi bari amahoro.”
Umunyamakuru Jennie Gow, ni umwe mu bagenzi nawe wagezweho n’ubukererwe bw’indege nk’uko byatangajwe na BBC, arinayo dukesha iyi nkuru.
Dan Sabbagh, umunyamakuru wa The Guardian we yavuzeko yari ari mu ndege ya Korean Air, yavuzeko ibaba ry’indege ryakoze ku murizo w’iyindi.
Kuri Twitter ye yagize ati: “ndi muri Korean Air yakozanyijeho n’indege yaIcelandair i Heathrow, umugenzi wari kurundi ruhande yabonye ibyabaye niwe wambwiye ko ibaba ry’indege yacu ryangiye umurizo w’indi ndege.”
Yongeye kuvuga ati: “narindi muri iyi ndege, gusa ntitwavuga ko hari icyabaye imbere. Ntakintu kibi cyatubayeho ndetse ntanumuntu wakomeretse.”
























