Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Nubwo muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) wakoze inama isaba ko imirwano imaze iminsi muri DRC muri Bunagana ndetse bikakirwa neza n’umutwe w’inyeshyamba wa M23 Congo yita umutwe w’iterabwoba, abarwanyi b’uyu mutwe bahakanya ko badashobora kurekura ako gace ka Bunagana ngo batabanje kugirana ibiganiro na Leta ya DRC, bavuga ko leta yagiye yirengagiza amasezerano bagiranye mbere.
Umuvugizi wa M23 Major Willy Ngoma yavuze ko uyu mutwe utigeze utangiza intambara kuri leta ya DRC, ko ugabwaho ibitero n’abasirikare ba leta ukirwanaho.
Yakomeje avuga ko igituma batanarekura agace bafashe ari ukwanga agasuzuguro k’Ingabo za Leta FARDC zahita zigamba ko zibirukanye.
Major Ngoma yumvikanishije ko uyu mutwe ushobora kuba wava mu mujyi wa Bunagana, agira ati: “Kuhava si ikibazo. Ubu ni saa ngahe ubu, ni saa tatu n’iminota 10 [9h10], dushobora kuhava saa tatu n’iminota 10, hanyuma saa kumi n’iminota 10 z’umugoroba [16h10] bagatangira kuturasaho, bagatangira gutangaza ngo ‘twisubije Bunagana, twabirukanye”.
Yakomeje abwira BBC dukesha aya makuru ko ntamuntu ubitaho nabo iyo basumirijwe na MONUSCO iba ibarasa, ati “Iyo MONUSCO irimo kuturasaho, iyo bica imiryango yacu, ibyo nta muntu n’umwe ubivugaho. Kubera iki bimera gutyo, kubera iki iyo politiki yo ifata abantu mu buryo butandukanye? Ni nkaho bamwe ari bo bafite uburenganzira bwo kubaho abandi ntabwo ariko twatangira kwirwanaho mugatangira kutwamagana ku maradiyo. Ibyo biraduhangayikishije”.
Inama yo ku wa mbere y’abakuru b’ibihugu byo muri EAC yateraniye i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya, yategetse ko imirwano ihagarara ako kanya no kuva mu bice biherutse kwigarurirwa.
Abakuru b’ibihugu bo muri EAC banemeje iyoherezwa muri DRC ry’umutwe w’ingabo z’akarere zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwa M23.
Leta ya DRC ivuga ko uwo mutwe w’ingabo z’akarere udakwiye kubamo abasirikare b’u Rwanda. kuri Major Ngoma avuga ko nta mpungenge M23 itewe n’uwo mutwe w’ingabo z’akarere.
yagize ati: "Turi bugire ubwoba bw’iki, bwa nde? Twebwe, igihe cyose turwanira kuramuka kwacu, kuri ejo hazaza h’abana bacu, kuri ejo hazaza h’iki gihugu, twagira ubwoba bw’iki? Ntabwo!".
Yongeye guhakana ibyo umutwe wa M23 ushinjwa na leta ya Congo byo guterwa inkunga na leta y’u Rwanda, avuga ko habe n’urushinge u Rwanda rwigeze ruwuha.
Ku wa mbere, ubuyobozi bw’intara ya Kivu ya ruguru bwasohoye itangazo buvuga ko bibujijwe ku bacuruzi n’abakozi ba gasutamo kwinjiza no kohereza hanze ibicuruzwa binyuze ku mupaka wa Bunagana.




















