Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Nyuma y’ibyumweru 2 mu Burasirazuba bwa Congo bari ku gahenge k’amahoro, kuri uyu wa Kabiri mu gitondo M23 yubuye imirwano none ingabo za Leta FARDC n’umutwe wa FDLR witwaje intwaro ufasha ingabo za leta bakwira imishwaro birahunga.
Byatangajwe n’umutwe wa M23 kuri twitter yayo, yatangaje ko FARDC, FDLR hamwe na Mai Mai Nyatura bagabye ibitero by’uruhurirane ahitwa Tanda ku birindiro byayo, muri Groupment ya Bweza. Ibi byabaye uyu munsi ku wa 2, ingabo za, M23 nazo zirwana ziri maso kugira ngo zihangane n’abazigabije.
Impande zombi ziritana bamwana, gusa leta ya Congo Kinshasa ivuga ko imirwano yatangije na M23 ubwo yarasaga ku birirndiro bya FARDC ssa munani z’ijoro bakanga kuyisubiza ubugira gatatu, gusa mu gitondo saa kumi nebyiri byabaye ngombwa ko nazo zirwanaho zirayisubiza.
Hashize amasaha atatu imirwano iba nyuma hakaza kubonekamo umutuzo mu gihe kingana n’isaha, nyuma y’uko FARDC n’inshuti zayo zose zokejwe igitutu maze bakwira imishwaro barirukanka.
Amakuru ava ku rubuga Goma 24, avuga ko nyuma imirwano yerekeje i Rutshuru aho M23 yirukankanaga FARDC n’indi mitwe yari yaje gufasha ingabo za leta.
Amakuru avuga ko haguye abantu benshi aho barwaniraga, ahitwa Rwankuba abandi bakomeretse, ibyabaye kuri abo baturage ingabo za leta zirabishinja ngo igisasu cyarashwe na M23.
Iyi mirwano kandi yongeye kubura umutwe nyuma y’uko habaye uruzinduko rw’umunyamabanga wa leta zunze ubumwe z’America Antony Blinken, yasuraga Congo ubundi agasaba ko bose bayoboka inzira y’ibiganiro ku mpande zombie zihanganye.
Ni mu gihe iyo nama Blinken yanayigiriye Congo ndetse n’u Rwanda nk’ibihugu bishinjanya gufasha imitwe yitwaje intwaro. Gusa u Rwanda rwo ntirwahwemye kubihakana.
Leta y’u Rwanda yo ariko yagaragarije Blinken ko FDLR imaze igihe ikorana na FARDC nk’umuzi w’ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, ishimangira ko ikibazo kidashobora gukemuka mu gihe uriya mutwe waba ukomeje gushyigikirwa leta.




















