Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

MTN iratangaza ko kugeza nubu itazi impamvu y’iyirukanwa rya Wim Vanhelleputte waruyihagarariye muri Uganda

Saturday 16 February 2019
    Yasomwe na

Isosiyete y’itumanaho yo muri Afrika yepfo MTN riratangazako ritazi impamvu igaragara Leta ya Uganda yahambirije Wim Vanhelluputte waruyihagarariye muri iki gihugu.

Amakuru ava muri Uganda mw’ijoro ryo ku musi wa kane avuga ko Wim Vanhelleputte, ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi, yatwawe ku ngufu ku kibuga cy’indege ategekwa kwrira indege no kuva mu gihugu byihuse.

Abategetsi muri Uganda batangaje ko iryo yirukanwa rifitaniye isano n’iperereza ku nkuru zivuga ko abakozi b’iyi kompanyi baba bafite uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu cya Uganda.
Mu kwezi kwa mbere, abandi bakozi batatu bari mu bayoboye iyi sosiyete y’itumanaho muri Uganda barirukanywe.

Icyo gihe, Elsa Mussolini yarayoboye igice cyo kwakira no kohereza amafaranga ku ma telefone ngendanwa yavuze ko yirukanywe ashinjwa ko yafashije mu buryo bw’amafaranga umunyepolitike utavuga rumwe na leta Bobi Wine.

Ariko iyi sosiyete ya MTN, isanzwe rikorero muri Afrika no mu burasirazuba bwo hagati, rivuga ko ata nsiguro riraronswa kw’iyirukanwa ry’umukuru waryo muri ico gihugu ca Uganda.
Iyi sosiyete ya MTN ikaba igifitanye ibibazo n’ubutegetsi ku ku byerekeranye no kongera igihe cyo gukorera muri Uganda.

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda avuga ko atabona icyatumye ikigo cya leta gishinzwe kugenzura itumatumanaho ry’amakuru kivana urwo ruhushya kuri miliyoni ijana z’amadolari y’abanyamerika rukajya ku miliyoni 58.

Mu kwezi gushize, Perezida Museveni yabonanye n’umuyobozi mukuru wa sosiyete ya MTN, Rob Shuter, nyuma y’inama mpuzamahanga y’ukungu(World Economic Forum) i Davos mu Busuwisi.

Nyuma yiyo nama, Perezida Museveni yatangaje ku rubuga rwa Twitter ko iyi sosiyete isabwa kwerekana ubutunzi bwayo mu kigo cya leta ya Uganda kigenzura amasoko y’imigabane (Uganda Securities Exchange) kugira ngo zimwe mu nyungu zaryo zigume mu gihugu.

Yashinje kandi ishami rya MTN muri Uganda ko ryerekanye make mu manomero yose y’abahamagaye ku ma telefone mu rwego rwo gukwepa imisoro.

Mw’itangazo MTN yasohoye, ryamenyesheje ko yiyemeje kubahiriza no gukora rikurikije amategeko ajyanye no gukorera muri Uganda.

Src/BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru