Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abagera kuri 19 barashwe n’abashinzwe umutekano barapfa naho 21 barakomereka mu myigaragambyo yabereye mu Mujyi wa Ikongo mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Madagascar.
Byari mu myigaragambyo nyuma y’ishimutwa ry’umwana ufite ubumuga bw’uruhu bakunze kwita ’nyamweru’.
Ubuyobozi bw’abashinzwe umutekano, (urwego rukora nka polisi), bwavuze ko abakomerekeye muri ibyo byabaye ku wa mbere barimo kuvurirwa ku bitaro byaho.
Abantu bagera kuri 500 bitwaje imihoro bivugwa ko bagerageje kwinjira ku ngufu muri stasiyo y’abashinzwe umutekano ifungiwemo bane bacyekwaho ubwo bushimusi, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru AFP.
Umukuru w’abashinzwe umutekano, Andry Rakotondrazaka, yashyigikiye ibikorwa by’abo bashinzwe umutekano avuga ko bitabaye nyuma yuko bari bagerageje kwirinda ubushyamirane.
Hatangiye iperereza
Ibyabaye kuri uwo mwana washimuswe ntibiramenyekana, ariko abayobozi bavuze ko nyina yishwe n’abajura.
Ba nyamweru bagiye bibasirwa mu bihugu bimwe byo muri Afurika kubera imyemerere itari ukuri, yuko ibice by’imibiri yabo bishobora gutera amahirwe bikazana n’ubukire.




















