Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yageze i Geneva ku Cyumweru, aho biteganyijwe ko ibiganiro hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigomba gukomereza.
Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, ibi biganiro bizaba ku wa Kabiri bikayoborwa n’ubuhuza bwa Oman, aho icyiciro cya mbere cyabaye ku wa 6 Gashyantare. Biteganyijwe ko ibi biganiro bizibanda cyane kuri gahunda ya Iran y’ingufu za nikleyeri.
Televiziyo ya Leta ya Iran yatangaje ko Minisitiri Araghchi yamaze kugera i Geneva mbere y’icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro na Amerika, mu gihe Washington ikomeje gushyira igitutu kuri Repubulika ya Kisilamu ya Iran.
Nubwo Tehran ivuga ko ibiganiro bizibanda kuri dosiye ya nikleyeri, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zisanzwe zifuza ko hanaganirwaho izindi ngingo zirimo gahunda ya Iran ya misile z’imbunda za balisitike n’inkunga iha imitwe iyishamikiyeho mu karere.
Ibi biganiro byongeye gutangira muri uku kwezi nyuma y’uko ibyari byarabanje bigahagarara ubwo Israel yagabaga ibitero bikomeye byo mu kirere kuri Iran muri Kamena umwaka ushize.
Hagati aho, haracyari urujijo ku hazaza h’ububiko bwa Iran burimo ibilo birenga 400 bya uraniyumu byatunganyijwe ku kigero cya 60 ku ijana, byaherukaga kugenzurwa n’abagenzuzi b’urwego mpuzamahanga rushinzwe kugenzura ingufu za nikleyeri muri Kamena. Ibyo bikomeje guteza impungenge ku ruhande rw’amahanga ku cyerekezo cy’iyi gahunda ya nikleyeri.
Saula Sandra Tumukunde
















