Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Isoko rikuru rya Bujumbura ryibasiwe n’inkongi ikomeye

Monday 26 January 2026
    Yasomwe na

Abaturage batuye mu mujyi wa Bujumbura, hafi y’isoko rya City Market ahazwi nko kwa Siyoni, batangaje ko imodoka zizimya inkongi zifatanyije n’igipolisi cy’u Burundi zashoboye guhashya umuriro mwinshi wari wibasiye igice cy’iryo soko mu ijoro ryo ku cyumweru. Iyo mirimo yo kuzimya inkongi yakomeje no mu gitondo cyo ku wa mbere.

Mu ijoro ryabanje, abantu batandukanye bakoresheje imbuga nkoranyambaga basakaje amashusho agaragaza inkongi ikomeye yari yafashe igice cy’iryo soko.

Ibinyamakuru byo mu Burundi byatangaje ko inkongi yibasiye cyane igice cyegereye isoko gikorerwamo ubucuruzi n’imirimo ijyanye n’imbaho n’ibiti. Kugeza ubu, icyateye iyo nkongi ntikiramenyekana.


Isoko rya Bujumbura ryaraye ryibasiwe n’inkongi ikomeye.

Mu bikorwa byo kuzimya uwo muriro, Umuryango wa Croix Rouge y’u Burundi wafashije atanga ikamyo itwara amazi.

Musitanteri wa Komine Ntahangwa wari wageze ahabereye iryo sanganya yanze kugira byinshi atangaza, avuga ko bategereje ibyemezo bizava mu iperereza rya polisi ku mpamvu zateye inkongi, gusa yemeza ko igihombo cyabaye ari kinini cyane.

Mu gice cyibasiwe kurusha ibindi, aho hakoreraga abacuruzi b’imbaho, havugwaga abacuruzi bagera kuri 35, kandi hafi ya bose nta bwishingizi bari bafite.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ribahagarariye yavuze ko igihombo cyatewe n’iyo nkongi kibarirwa muri miliyari 1.5 z’amafaranga y’u Burundi.

City Market ni ryo soko ubu rinini muri uyu murwa mukuru w’ubukungu, riri mu masoko yimukiyemo abacuruzi bahoze mu isoko rikuru rya Bujumbura ryatwitswe n’inkongi y’umuriro ikomeye mu ntangiriro z’umwaka wa 2013.

Icyo gihe ibintu by’agaciro ka miliyari zirenga 100 z’amarundi byarahiye kandi abantu barenga 3,000 bahacururizaga babuze ibyabo, nk’uko abategetsi babitangaje. Iryo soko n’ubu ntabwo ryabashije gusanwa.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru