Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Morrison, umugore wa mbere w’umwirabura watsindiye igihembo cya Nobel, yatabarutse

Wednesday 7 August 2019
    Yasomwe na

Toni Morrison, wabaye umugore wa mbere w’umwirabura ufite inkomoko muri Afurika watsindiye igihembo cyitiriwe Nobel mu buvanganzo, yapfuye afite imyaka 88 y’amavuko.

Umuryango we, n’akababaro kenshi, wemeje ko Morrison yapfuye amaze "igihe gito arwaye".

Uyu yanditse ibitabo 11 mbarankuru, yatsindiye icyo gihembo cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 1993, igitabo cye cya mbere, ’The Bluest Eye’, akaba yaragitangaje mu mwaka wa 1970.
Igitabo cye ’Beloved’ yasohoye mu mwaka wa 1987 cyavugaga ku mugore wahunze ubucakara, cyaje gukinwamo filime yarimo na Oprah Winfrey, mu mwaka wa 1998.

Morrison yigeze kuvuga ati: "Turapfa. Icyo gishobora kuba ari cyo gisobanuro cy’ubuzima. Ariko dukora ururimi. Icyo gishobora kuba ari cyo gipimo cy’ubuzima bwacu".

Itangazo ry’umuryango we rivuga ko yari "umubyeyi wuje urukundo, wuzukuruje ndetse ufite n’abamufata nka nyina wabo". Ryongeraho ko "yapfuye mu mahoro" ku wa mbere w’iki cyumweru "akikijwe n’abo mu muryango we inshuti".

Yapfiriye ku bitaro cya Montefiore Medical Center biri i New York.

Abandi bagore b’abirabura bazwi cyane batsindiye igihembo cya Nobel barimo umunyakenya Wangari Maathai (igihembo cy’amahoro, 2004) n’Abanyaliberiya Ellen Johnson Sirleaf na Leymah Gbowee batwaye igihembo cy’amahoro mu 2011.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru