Wednesday . 15 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Indwara z’umwijima zitavuwe neza zitera izindi ndwara zirimo na Kanseri y’umwijima?

Wednesday 3 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abahanga mu buzima baburiye abantu ko zimwe mu ndwara z’umwijima (liver Cancer) iyo zitavuwe neza, zitera ibibazo birimo indwara y’urushwima na cancer z’umwijima, basabwe kwisuzumisha kugira ngo bamenye uko ubuzima bwabo buhagaze.

bavuga ko n’ubwo hari ubwoko 5 bwa Hepatite, ni ukuvuga A kugera kuri E, Hepatite B na C arizo zishyirwamo imbaraga cyane bitewe n’uko iyo zitavuwe neza zitera ibibazo birimo indwara y’urushwima na cancer z’umwijima.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gahunda y’igihugu yo kurandura indwara z’umwijima yashyizweho mu mwaka wa 2018 yatumye abantu hafi miliyoni 7 bapimwa indwara ya Hepatite C, muri bo abantu hafi ibihumbi 60 barayivuwe barakira. Abagera kuri miliyoni 4 bo bapimwe Hepatite B, muri abo abagera ku bihumbi 7 bashyizwe ku miti bafata ubuzima bwabo bwose.

Abarenga miliyoni 7 barimo abana n’abantu bakuru nibo bamaze guhabwa urukingo rwa Hepatite B. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije avuga intambwe yatewe mu kurwanya indwara z’umwijima itagomba gusubira inyuma.

Minisiteri y’ubuzima ihamagarirwa intego zikurikira arizo ,icya mbere ni ukugabanya ubwandu bushya bwa hepatite ku kigero cya 90%, icya kabiri ni ukugabanya impfu ziturutse kuri hepatite harimo iziterwa n’urushwima na cancer ku kigero cya 65%. Icya 3 ni ugukora ku buryo 90% by’ abafite hepatite B na C bapimwa,icya 4 ari nacyo cya nyuma ni ugukora ku buryo 80% by’abakeneye ubuvuzi babona ubuvuzi bukwiye bakeneye.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko kuri ubu mu Rwanda hari uburyo bwihuse bwo gupima indwara za Hepatite, ku buryo igisubizo kigaragara mu minota 20. OMS ivuga ko buri mwaka ku isi, Hepatite B na C zica abantu barenga miliyoni 1 n’ibihumbi 100 ni ukuvuga umuntu 1 buri masegonda 30 naho abarenga miliyoni 3 bandura izo ndwara buri mwaka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru