Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Indwara z’umwijima zitavuwe neza zitera izindi ndwara zirimo na Kanseri y’umwijima?

Wednesday 3 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abahanga mu buzima baburiye abantu ko zimwe mu ndwara z’umwijima (liver Cancer) iyo zitavuwe neza, zitera ibibazo birimo indwara y’urushwima na cancer z’umwijima, basabwe kwisuzumisha kugira ngo bamenye uko ubuzima bwabo buhagaze.

bavuga ko n’ubwo hari ubwoko 5 bwa Hepatite, ni ukuvuga A kugera kuri E, Hepatite B na C arizo zishyirwamo imbaraga cyane bitewe n’uko iyo zitavuwe neza zitera ibibazo birimo indwara y’urushwima na cancer z’umwijima.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gahunda y’igihugu yo kurandura indwara z’umwijima yashyizweho mu mwaka wa 2018 yatumye abantu hafi miliyoni 7 bapimwa indwara ya Hepatite C, muri bo abantu hafi ibihumbi 60 barayivuwe barakira. Abagera kuri miliyoni 4 bo bapimwe Hepatite B, muri abo abagera ku bihumbi 7 bashyizwe ku miti bafata ubuzima bwabo bwose.

Abarenga miliyoni 7 barimo abana n’abantu bakuru nibo bamaze guhabwa urukingo rwa Hepatite B. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije avuga intambwe yatewe mu kurwanya indwara z’umwijima itagomba gusubira inyuma.

Minisiteri y’ubuzima ihamagarirwa intego zikurikira arizo ,icya mbere ni ukugabanya ubwandu bushya bwa hepatite ku kigero cya 90%, icya kabiri ni ukugabanya impfu ziturutse kuri hepatite harimo iziterwa n’urushwima na cancer ku kigero cya 65%. Icya 3 ni ugukora ku buryo 90% by’ abafite hepatite B na C bapimwa,icya 4 ari nacyo cya nyuma ni ugukora ku buryo 80% by’abakeneye ubuvuzi babona ubuvuzi bukwiye bakeneye.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko kuri ubu mu Rwanda hari uburyo bwihuse bwo gupima indwara za Hepatite, ku buryo igisubizo kigaragara mu minota 20. OMS ivuga ko buri mwaka ku isi, Hepatite B na C zica abantu barenga miliyoni 1 n’ibihumbi 100 ni ukuvuga umuntu 1 buri masegonda 30 naho abarenga miliyoni 3 bandura izo ndwara buri mwaka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru