Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Intagondwa z’abiyitirira Idini rya Islam zongeye kubura bitero mu Mujyaruguru y’igihugu cya Mozambique, mu ntara ya Cabo Delgado, bikaba byongereye umubare w’abaturage bavuye mu byabo bagera kuri 80,000.
Ibi bikaba bije bikoma mu nkokora ibyagaragajwe na leta ko yaciye intege izi ntagondwa z’Abayisilamu zigeze kwigarurira iyi ntara hafi ya yose mu mwaka wa 2017.
Ibitero by’izi ntagondwa byongeye kugaragara cyane bifata indi ntera muri kamena uyu mwaka, ibi ngo byaje bikurikira igihe cy’umutekano ugereranyije na mbere kuko ari nabwo umukuru wa polisi yatangaje ko igisa no kurwanya iterabwoba cyarangiye.
Ibi ariko bisa n’aho atariko bimeze, kuko ibitero bikomeje kujya biterwa n’izo ntagondwa mu bice bitandukanye bishyira mu Majyepfo y’iki gihugu nk’uko Bwiza.com ibivuga.
Izi ntagondwa kandi mu bitero zagabye, zishe abasivile mu duce tutigeze tugeramo intambara kuva muri 2017, ubwo izi ntagondwa zari zirimo gutera ibitero byinshi, aho zatwitse n’amazu mu duce twa Ancuabe, Chiure na Mucefi utu ni uduce turi kwibasirwa n’ibitero kandi mbere ntitwari twagezweho n’ibyo bitero.
Ibitero byanyuma bikaba byatumye umubare w’abavanwe mu byabo muri Cabo Delgado ugera ku 950,000.
Nubwo Mozambique yahawe ubufasha n’ingabo za SADC hame n’izo u Rwanda rwanamaze kohereza umuyobozi wazo mushya, urugamba ruracyarimbanije ntirurarangira.




















