Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuva mu Ukuboza 2024 mu Rwanda hakazatangizwa gahunda yo gutera abantu umuti wa ‘cabotegravir long acting’ urinda umuntu kwandura SIDA Igihe ayikoranye n’uyifite.
Ni nyuma yuko inzego z’Ubuvuzi mu Rwanda zimaze igihe zigaragaza ko ubwandu bwa SIDA mu Rwanda bwiyongera, cyane mu rubyiruko n’abakora uburaya.
CAB-LA, ni umuti uterwa mu rushinge abantu hagamijwe gukumira ubwandu bushya bwa Virusi Itera SIDA, wemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS mu 2022.
Imibare igaragaza ko abantu bashya banduye Virusi Itera SIDA barenga miliyoni 1.3, muri bo 63% bakaba abo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Mu Rwanda abantu icyenda buri munsi bandura agakoko gatera SIDA.
Uru rushinge ruterwa umuntu buri mezi abiri, biteganyijwe ko ruzaruhura umutwaro abantu bafataga ibinini bya buri munsi birinda ubwandu. Umuti wa CAB-LA ufasha umubiri kugira ubudahahangarwa bubuza agakoko gatera SIDA kwinjira mu turemangingo no kororokeramo.
Ku ikubitiro umuntu azaterwa doze ebyiri mu mezi abiri akurikiranye, akomeze kwiteza urushinge nyuma ya buri mezi abiri.
Amakuru avuga ko iyi gahunda izatangirira mu bigo nderabuzima bibiri byo mu Mujyi wa Kigali, urushinge rukazaterwa by’umwihariko abakora umwuga w’uburaya, abantu babana umwe yaranduye undi adafite ubwandu, ingimbi n’abangavu n’abandi.
Umuti wa CAB-LA watewe abantu binyuze mu rushinge bwa mbere muri Zimbabwe mu 2022, nyuma wemezwa n’inzego z’ubuzima muri Zambia hamwe na Afurika y’Epfo yemeje ikoreshwa ryawo ariko ukaba utaratangira gutangwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, gisobanura ko gukoresha ubu buryo bwo kwirinda kwandura Virusi itera SIDA bizagababanya ikibazo cy’akato gahabwa abafataga ibinini bya buri munsi.





















