Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Mu Rwanda hari ibitaro bikuru bidafite abaganga b’Inzobere

Monday 18 July 2022
    Yasomwe na

Abasenateri baherutse gusanga mu mitangire ya Serivisi mu bitaro bimwe na bimwe harimo ibitaro bitagira umuganga w’inzobere kandi byarahawe uburenganzira bwo gukora nk’ibitaro bikuru.

Wakurikira ikiganor cyose uyuze kuri uyu murongo:

https://www.youtube.com/watch?v=JiCYZxINvVs&t=81s&ab_channel=MAMAURWAGASABOTV

Indi mbogamizi babonye ni uko basanze hari imihanda mibi ituma imbangukiragutabara zivunwa no kugeza abarwayi ku bitaro bikuru bavuye ku bigo nderabuzima.

Si ibyo gusa ngo hari n’ikibazo cy’uko imbangukiragutabara zishaje kandi zidahagije ku bitaro ugereranyije n’ibigo nderabuzima bikirana.

Ibi ngo bituma hari imbangukiragutabara izipfira mu nzira ndetse hakaba n’ubwo umurwayi ukeneye imugeza ku bitaro bikuru ayibura kubera ko zose ziba zoherejwe mu kazi.

Babwiwe kandi ko iyo zipfiriye mu nzira zirimo umurwayi ashobora kuhasiga ubuzima cyangwa n’uwo zari zigiye kujyana ku bitaro bikuru nawe akaba yahasiga ubuzima.

Hari abaturage babwiye RBA ko muri rusange abaganga ari bake haba ku bigo nderabuzima cyangwa ku bitaro bikuru.

Hari n’abavuga ko bidakwiye ko umuntu watanze ubwisungane mu buzima ajya kugura imiti muri pharmacie.

Umwe muri bo ati: “ Hari ubwo ujya kwa muganga bakakwandikira umuti uri hejuru ya Frw 1000, bakakubwira ko ujya kuwugura kandi nta yandi mafaranga yisumbuyeho ufite. Icyo gihe kandi uba wagiye kwa muganga nta yandi mafaranga ufite kandi urembye.”

Abaturage banenze abaganga bagera ku kazi saa tatu za mu gitondo kandi abarwayi bo bazindutse.

Ku rundi ruhande, mu mwaka wa 2016, Sena y’u Rwanda yasabye Guverinoma kongerera ubushobozi ibigo nderabuzima kugira ngo bishobore kuvura indwara zitandura.

Mu Cyumweru gishize, Komisiyo yayo ishinzwe imibereho myiza y’abaturage yasanze hari ibyakozwe mu rwego gushyira mu bikorwa wa mwanzuro wari ugenewe Guverinoma wo mu mwaka wa 2016 ariko ko hari n’ibikeneye kongerwamo imbaraga.

Kimwe muri ibyo ni ugufasha ibigo nderabuzima kubona imiti n’izindi serivisi z’ubuzima zo gufasha abarwaye indwara zitandura, bakavurirwa hafi y’aho batuye.

Hejuru y’ibibazo Sena yasanze mu rwego rw’ubuzima, hiyongeraho ibyo Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta n’abakozi b’urwego ayoboye basanze mu bigo bya Leta bigenerwa ingengo y’imari ngo bitange serivisi z’ubuzima.

Ibitaro bitandatu mu bitaro icyenda abagenzuzi b’Imari ya Leta basuye ubwo bakoraga igenzura mu mwaka wa 2020/2021, basanze imibare y’abantu bazize malaria yanditse mu bitabo byabo ari minini ugereranyije n’iyo bahaye Minisiteri y’ubuzima ngo ibikwe mu ikoranabuhanga rishinzwe amakuru mu by’ubuzima bita Health Management Information System ( HMIS).

Hagati aho hari ibindi bigo bitanu byatangaje imibare minini y’abazize malaria, iyo mibare ikaba irenzeho abant 18 ku mibare yatanzwe muri rya koranabuhanga twavuze haruguru.

Link: https://www.youtube.com/watch?v=JiCYZxINvVs&t=81s&ab_channel=MAMAURWAGASABOTV

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru