Ubuyobozi bw’irushanwa mpuzamahanga ry’amagare ribera mu Rwanda, Tour du Rwanda, bwatangaje ko bwatewe agahinda n’impanuka yabereye i Gabiro ku cyumweru, yahitanye abantu babiri abandi batandatu barakomereka.
Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga X, abategura iri rushanwa bavuze ko iyo mpanuka yabaye mu gihe hasozwaga agace ka mbere k’isiganwa ry’uyu mwaka. Imodoka zari ziherekeje abakinnyi zavuye mu muhanda, zigonga abantu benshi bari bahagaze ku ruhande baje kwihera ijisho irushanwa.
Iryo tangazo ntiryasobanuye imyirondoro y’abahitanywe n’iyo mpanuka cyangwa iy’abakomeretse.
Abayobozi ba Tour du Rwanda bavuze ko abakomeretse bahise bajyanwa kwitabwaho n’abaganga, kandi ko bakomeje gukurikiranira hafi uko ubuzima bwabo buhagaze.
Banagaragaje ko inzego za polisi zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyo mpanuka.
Agace ka mbere k’iri rushanwa kwegukanywe na Itamar Einhorn, ukomoka muri Israel, ukinira ikipe ya NSN Development Team yo mu Busuwisi.
Chadadi Habimana


















