Ingabo za Israel zemeje ko zarashe ku murwa mukuru wa Iran, Tehran na Beirut muri Liban kuri uyu wa kabiri mu gitondo.
Mu itangazo igisirikare cya Israel cyagize kiti: “Ingabo za Israel ubu ziri kurasira rimwe ibirindiro bya gisirikare i Tehran na’i Beirut”.
Umuvugizi w’ingabo za Israel ukoresha Icyarabu Avichay Adraee yavuze ko barimo gukora ibitero bikomeye byo mu kirere.
Ibi bitero byabaye isaha imwe nyuma yuko IDF isohoye “itangazo riburira kandi ryihutirwa” kubaturage bo mu duce tw’ibyaro tw’amajyepfo ya Beirut, no mu midugudu itandukanye babakangurira guhunga.
IDF yavuze ko iri kwibanda cyane ku bigo by’abategetsi n’ahabikwa ibikoreso bya Hezbollah.
Chadadi Habimana





















