Urukiko rwo muri Korea y’Epfo rwashyizeho itegeko ku wa 19 Gashyantare 2026 rutegeka ko Yoon Suk-yeol, wahoze ari umukuru w’igihugu, afungwa burundu nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kuyobora igitero cy’iterabwoba mu gihe yageragezaga gutangaza itegeko rishya rya gisirikare mu kwezi kw’Ukuboza 2024.
Urukiko rwa Seoul Central District Court rwasanze Yoon yaragerageje kugenzura inteko ishinga amategeko no guhagarika imikorere yayo akoresheje ingabo n’izindi nzego z’umutekano, mu rwego rwo kurwanya itegeko ryari ryashyizweho. Ni amategeko yamaze Igihe gito ariko nyuma akurwaho n’abadepite.
Abashinjacyaha bari basabye ko ahanishwa urupfu, bavuga ko gukora ibyo byari kuba intandaro yo guhungabanya demokarasi n’imiyoborere ishingiye ku mategeko. Ariko urukiko rwanzuye kumworohereza igihano bwanzura ko afungwa burundu aho kumuha igihano cyurupfu, bitewe n’ingingo z’amategeko n’uko u Burenganzira bwo kubaho bwubahirizwa muri Koreya y’Epfo.
Yoon, ufite imyaka 65, yarezwe kandi mu zindi nkiko ku byaha byo kwica amategeko ajyanye no kwirinda gutabwa muri yombi no gukoresha nabi ububasha ashingiye ku bikorwa by’itegeko rya gisirikare. Yavuze ko ibyo yakoze byari ngombwa mu guhangana n’abataravugaga rumwe n’ubutegetsi mu nteko.
SAULA SANDRA TUMUKUNDE

















