Monday . 1 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Intumwa y’Amerika mu biganiro by’uburusiya na Ukraine yemeje ko byagenze neza

Wednesday 18 February 2026
    Yasomwe na

Intumwa idasanzwe ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, yatangaje ko ibiganiro bigamije gushakira umuti w’intambara yo muri Ukraine bigeze ku ntambwe ishimishije. Ibi yabitangarije ku rubuga nkoranyambaga rwa X nyuma y’umunsi wa mbere w’ibiganiro byahuje impande eshatu byabereye i Geneva.

Witkoff yavuze ko Amerika yayoboye icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro byahuje Ukraine n’u Burusiya, ashimangira ko guhuriza hamwe izi mpande zombi byatanze icyizere gishya mu rugendo rugamije amahoro. Yagaragaje ko impande zombi zemeye kumenyesha abayobozi b’ibihugu byazo ibyaganiriweho no gukomeza ibiganiro bigamije kugera ku masezerano.


Steve Witkoff niwe uyoboye intumwa z’Amerika mu biganiro bya Ukraine n’u Burusiya.

Amakuru aturuka mu bagize itsinda ry’u Burusiya yahamije ko impande zaganiriye ku buryo bukomeye mu gihe cy’amasaha atandatu, ariko zemeranya gukomeza ibiganiro ku munsi ukurikiyeho.

Iki cyiciro gishya cy’ibiganiro byahuje u Burusiya, Amerika na Ukraine cyatangiye ku wa Kabiri i Geneva. Itsinda ry’u Burusiya riyobowe n’umujyanama wa Perezida, Vladimir Medinsky.

Abasesenguzi bavuga ko nubwo ibiganiro bikiri mu ntangiriro, kuba impande zombi zikomeje kwegerana bishobora gutanga icyizere ku gushakira umuti urambye iyi ntambara imaze igihe.

SAULA SANDRA TUMUKUNDE

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru