Intumwa idasanzwe ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, yatangaje ko ibiganiro bigamije gushakira umuti w’intambara yo muri Ukraine bigeze ku ntambwe ishimishije. Ibi yabitangarije ku rubuga nkoranyambaga rwa X nyuma y’umunsi wa mbere w’ibiganiro byahuje impande eshatu byabereye i Geneva.
Witkoff yavuze ko Amerika yayoboye icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro byahuje Ukraine n’u Burusiya, ashimangira ko guhuriza hamwe izi mpande zombi byatanze icyizere gishya mu rugendo rugamije amahoro. Yagaragaje ko impande zombi zemeye kumenyesha abayobozi b’ibihugu byazo ibyaganiriweho no gukomeza ibiganiro bigamije kugera ku masezerano.
Amakuru aturuka mu bagize itsinda ry’u Burusiya yahamije ko impande zaganiriye ku buryo bukomeye mu gihe cy’amasaha atandatu, ariko zemeranya gukomeza ibiganiro ku munsi ukurikiyeho.
Iki cyiciro gishya cy’ibiganiro byahuje u Burusiya, Amerika na Ukraine cyatangiye ku wa Kabiri i Geneva. Itsinda ry’u Burusiya riyobowe n’umujyanama wa Perezida, Vladimir Medinsky.
Abasesenguzi bavuga ko nubwo ibiganiro bikiri mu ntangiriro, kuba impande zombi zikomeje kwegerana bishobora gutanga icyizere ku gushakira umuti urambye iyi ntambara imaze igihe.
SAULA SANDRA TUMUKUNDE


















