Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Intumwa y’Amerika mu biganiro by’uburusiya na Ukraine yemeje ko byagenze neza

Wednesday 18 February 2026
    Yasomwe na

Intumwa idasanzwe ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, yatangaje ko ibiganiro bigamije gushakira umuti w’intambara yo muri Ukraine bigeze ku ntambwe ishimishije. Ibi yabitangarije ku rubuga nkoranyambaga rwa X nyuma y’umunsi wa mbere w’ibiganiro byahuje impande eshatu byabereye i Geneva.

Witkoff yavuze ko Amerika yayoboye icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro byahuje Ukraine n’u Burusiya, ashimangira ko guhuriza hamwe izi mpande zombi byatanze icyizere gishya mu rugendo rugamije amahoro. Yagaragaje ko impande zombi zemeye kumenyesha abayobozi b’ibihugu byazo ibyaganiriweho no gukomeza ibiganiro bigamije kugera ku masezerano.


Steve Witkoff niwe uyoboye intumwa z’Amerika mu biganiro bya Ukraine n’u Burusiya.

Amakuru aturuka mu bagize itsinda ry’u Burusiya yahamije ko impande zaganiriye ku buryo bukomeye mu gihe cy’amasaha atandatu, ariko zemeranya gukomeza ibiganiro ku munsi ukurikiyeho.

Iki cyiciro gishya cy’ibiganiro byahuje u Burusiya, Amerika na Ukraine cyatangiye ku wa Kabiri i Geneva. Itsinda ry’u Burusiya riyobowe n’umujyanama wa Perezida, Vladimir Medinsky.

Abasesenguzi bavuga ko nubwo ibiganiro bikiri mu ntangiriro, kuba impande zombi zikomeje kwegerana bishobora gutanga icyizere ku gushakira umuti urambye iyi ntambara imaze igihe.

SAULA SANDRA TUMUKUNDE

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru