Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi yatangaje ko nta zamurwa ry’imisoro (tariffs) izemera ku bicuruzwa byoherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika ruhagaritse amategeko yari yemereye Perezida Donald Trump gushyiraho imisoro ya rusange ku mbuto zose ziva mu mahanga.
Nyuma y’icyo cyemezo, Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika yashyizeho misoro mishya ya 10% ku bicuruzwa byose byinjira mu gihugu, kugera kuri 15% umunsi wakurikiyeho. Ibi byateje impaka kuko bitajyanye n’amasezerano y’ubucuruzi Ubumwe bw’Uburayi ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo mu mwaka ushize, yari yashyizeho 15% ku misoro ku bicuruzwa byinshi byoherezwa n’Ubumwe bw’Uburayi, hamwe n’imisoro ya 0% ku bindi.
Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ko ibi byemezo bidahuye n’amabwiriza y’amasezerano kandi bishobora guteza ikibazo ku masoko y’imari n’ibikorwa by’ubucuruzi. Yongeyeho ko Ubumwe bw’Uburayi buteze amatwi ibisobanuro byuzuye ku byo Amerika izakora nyuma y’icyemezo cy’urukiko, ariko ko “amasezerano ari amasezerano” kandi ko kuzamura imisoro ku rwego rwo hejuru bitazemerwa.
Amasezerano y’ubucuruzi yashyizweho yari agamije kongera ubwizerane mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi, aho Ubumwe bw’Uburayi na Amerika bari bemeranyije kugabanya imbogamizi z’imisoro ku byoherezwa mu mahanga kugira ngo ubucuruzi bubere inyungu impande zombi.






















