Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga

Monday 23 February 2026
    Yasomwe na

Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi yatangaje ko nta zamurwa ry’imisoro (tariffs) izemera ku bicuruzwa byoherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika ruhagaritse amategeko yari yemereye Perezida Donald Trump gushyiraho imisoro ya rusange ku mbuto zose ziva mu mahanga.

Nyuma y’icyo cyemezo, Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika yashyizeho misoro mishya ya 10% ku bicuruzwa byose byinjira mu gihugu, kugera kuri 15% umunsi wakurikiyeho. Ibi byateje impaka kuko bitajyanye n’amasezerano y’ubucuruzi Ubumwe bw’Uburayi ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo mu mwaka ushize, yari yashyizeho 15% ku misoro ku bicuruzwa byinshi byoherezwa n’Ubumwe bw’Uburayi, hamwe n’imisoro ya 0% ku bindi.

Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ko ibi byemezo bidahuye n’amabwiriza y’amasezerano kandi bishobora guteza ikibazo ku masoko y’imari n’ibikorwa by’ubucuruzi. Yongeyeho ko Ubumwe bw’Uburayi buteze amatwi ibisobanuro byuzuye ku byo Amerika izakora nyuma y’icyemezo cy’urukiko, ariko ko “amasezerano ari amasezerano” kandi ko kuzamura imisoro ku rwego rwo hejuru bitazemerwa.

Amasezerano y’ubucuruzi yashyizweho yari agamije kongera ubwizerane mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi, aho Ubumwe bw’Uburayi na Amerika bari bemeranyije kugabanya imbogamizi z’imisoro ku byoherezwa mu mahanga kugira ngo ubucuruzi bubere inyungu impande zombi.

SAUALA SANDRA TUMUKUNDE

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru