Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Mu Rwanda nta Ebola ihari ariko turasabwa, gukomeza kuyirinda-Min.Dr Gashumba

Wednesday 8 August 2018
    Yasomwe na

Minisitiri w’Ubuzima Dr Gashumba yamaze impungenge abafitiye ubwoba icyorezo cya Ebola batekereza ko yaba yarambutse ikagera mu Rwanda, ashimangira ko ntayo irahagera. Gusa yasabye Abanyarwanda bose kwirinda kugira ngo itazabaca mu rihumye.

Ibi Minisitiri Dr Dianne Gashumba yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Kanama mu kiganiro n’abanyamakuru, kigamije kumara impungenge Abanyarwanda bumva ko Ebola iri mu gihugu cy’abaturanyi yazagera mu Rwanda mu buryo bworoshye.

Yagize ati “Ku butaka bw’u Rwanda nta Ebola ihari, ntayo! Icyo tugomba kubwira Abanyarwanda ni uko bakomeza kwirinda.”

Minisitiri Gashumba yakomeje avuga ko icyo Abanyarwanda basabwa gukora ari ubwirinzi, banoza amasuku ndetse bakanamenya ibimenyetso bya Ebola bagira uwo babibonaho bakihutira gutabaza byihuse.

Ati “ Ubutumwa dukomeza gutanga ni ugukomeza kwirinda. Habaye gahunda y’isuku ihoraho, isuku ikaba umuco, buri wese akajya akaraba intoki akoresheje isabune ntabwo Ebola yatugeraho. N’ubwo mu gihugu hakwinjira uyirwaye, tubyirinze ntabwo yakanduza abantu Ebola.”

Minisitiri akomeza avuga ko abaturage bagomba kumenya ibimenyetso bya Ebola kugira ngo nibabibona bazajye bihutira kubimenyesha abashinzwe ubuzima babegereye, ku mavuriro abegereye ndetse n’inzego za polisi.

Ebola igaragarira mu bimenyetso birimo umuriro ukabije, kubabara muu nda, kubabara mu ngingo, kuruka, gucibwamo no kuva amaraso ahari umwenge hose. Ebola kandi yandurira mu matembabuzi y’uyirwaye iyo utayirwaye amukozeho.

Ebola iri kuvugwa mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Congo Kinshasa aho hamaze kubarurwa abasaga 30 imaze guhitana mu minsi itarenze itatu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru