Urwego ngenzuramikorere RURA rwatangaje ko guhera tariki ya mbere Nzeri uyu mwaka uburyo bwo kugura no kwiyandikishaho simukadi nshya ya sosiyete y’itumanaho mu zikorera mu Rwanda bihinduka.
RURA yavuze ko simukadi nshya zizajya zitazongera gutangwa n’abazwi nk’aba-Agent bacuruza serivisi z’ibigo by’itumanaho ahubwo zizajya zitangirwa ahantu habugenewe.
Byasobanuwe ko bigamije guca uburiganya bwakorwaga na benshi muri bo bitewe n’icyuho kiri mu mitangire ya simukadi.
Ubusanzwe uwifuzaga simukadi nshya yabazwaga irangamuntu yonyine, ingingo yatumaga hari n’abatangaga iy’abandi bantu bagamije gukora ibikorwa biremewe kuri izo simukadi zibaruye ku mazina atari ayabo ba nyirazo batabizi.
Ntiharamenyekana ahazatangirwa iyo serivisi n’ibyo ushaka kugura simukadi nshya azajya asabwa mu gukuraho icyuho cy’ubwo buriganya.
Amavugurira nk’aya mu bya sosiyete z’itumanaho mu Rwanda aje akurikira aheruka ku itariki ya 31 Mutarama 2019 ubwo hakirwagaho kwiyandikishaho simukadi zirenze 3 ku nomero 1 y’indangamuntu atari ku mpamvu z’ubucuruzi.

















