Yanditswe na Nimugire Fidelia
Yatunganyijwe na Mutungirehe Samuel
Umwarimu wigishaga mu Rwunge rw’Amashuri GS Gitabura yasezeye akazi nyuma yo kubona ko kwigisha isoma ry’ikorananuhanga ntamashyanyarazi bitakunda.
Uyu musore Ndikumana Eduard yigishaga isomo rya ICT mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye muri iki kigo gihererye mu karere ka korongi.
Mu ibaruwa yandikiye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi REB, yavuze ko nyumo yo gutangira akazi ke ko kwigisha ICT muri GS Gitabura ku wa 1 Ukwakira 2022, yasanze iki kigo kitagira umuriro w’amashanyarazi.
Yavuze ko ikimuteye gusezera ku kazi ari uko ntamashanyarazi ahari kandi ko n’igihe ahisemo gukoresha ibikoresho bye bimusaba kujya kubishyira ku muriro ahantu kure.
Yerura agira ati: "Rero aho kubehya abanyeshuri nasezera."
Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, yagize ati: “Njye nibwo nkibona akazi, barakampaye nanga kukanga kuko sinari nanahazi, njyayo ngerageza kureba ibihari nuko byakorwa nara ukwezi kumwe mpita mbivamo.
Nagerageje gushaka aka laptop nshyiramo battery, ariko ntiwafata aka laptop gatoya ngo uhagarare imbere y’abana barenga 30 ngo babone ibyo ukora, naravugaga ngo wenda bazana projector bakareberaho ibyo biga niba nta machine ziboneka, ariko ntiwabona aho uyicomeka….uburyo buhari ni ukujya gushaka umuriro kure nabwo utwaye utu battery kuko ntamuriro uhari.”
Yakomeje avuga ko gukora gutyo nta musaruro byatanga, ngo kuko kwigisha umwana nta computer akoreraho ibyo umubwira nta musaruro waboneka n’ubwo ngo bakunda ICT ntaburyo buhari babona bwo kuryiga.
Twagerageje kuvugana n’Umuyobozi Mukuru wa REB wandikiwe iyi baruwa ntitwamubona ku murongo wa Telefone ngendanwa. Igihe cyose yagira icyo adutangariza twabagezaho uko bakiriye uko gusezera akazi k’uwo mwarimu.



















