Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Barasaba ko inzu zahindutse indiri z’abajura zavugururwa

Monday 3 February 2025
    Yasomwe na


Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu basaba ko inzu zishaje zahindutse indiri z’abajura zidakoreshwa zavugururwa cyangwa zigasenywa cyane ko ziteje n’umwanda zikaba n’indiri y’abateza umutekano muke mu duce ziherereyemo.

Aba baturage babitangarije umunyamukuru wa Mamaurwgasabo TV ubwo yegeraga mu karere ka Nyabihu, aho basaba ubuyobozi ko bwategeka banyiri izi nzu ziri ku muhanda munini Nyabihu-Rubavu kuzikora neza zigakingwa ndetse zigakorerwa isuku.

Twahirwa Innocent yagarutse ku nzu iri ku Mukamira, yagize ati: "Usibye kuba ibi bizu byarahindutse indiri z’abajura, ziteje n’umwanda mu karere kacu. Abayobozi bakuru b’Igihugu benshi banyura kuri uyu muhanda, ubwo icyo twasaba nuko banyiri izi nzu bazikora neza, zigasa neza, ntizijye zitugaragaza nabi."

Undi muturage yagize ati: "Ibi bizu biri ku nkengero z’umuhanda ntabwo bikwiriye, kuko utambuka ufite telefone bakava za nzu zidakinze bakayikwambura; urabona abantu baturutsemo n’inkoni akakwambura ibyo ufite. Zuduteje umwanda zikwiye gusenywa cyangwa se bazazihe abatigira aho kuba kuko ni benshi aho kugira ngo zikomeze zipfe ubusa gutya."

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette yabwiye Mamaurwagasabo TV ko bari baganiye n’aba nyiri izi nzu kugira ngo bazikore neza, ngo hari abahise babikora abandi ntibarabikora bityo baza kongera kubaganiriza.

Yagize ati: "Twari twaganiriye n’abubatse izi nzu, tubasaba kuzivugurura. Hari abahise bazikora neza, turabashimira cyane, cyokoze hari n’abandi batarabikora. Ubwo tugiye kubasaba nabo bavugurure kugira ngo inzu zo ku mihanda zitunganywe zigaragare neza, nicyo natwe twifuza nk’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu."

Iyi nyubako iri imbere y’ibiro by’Akarere ka Nyabihu, yakorerwamo imirimo y’ubukorikori yari yarubakiwe abantu bafite ubumuga

Iyo ugenda hirya no hino muri aka karere ka Nyabihu ubona inzu nyinshi ziri ku nkengero z’umuhanda zishaje ndetse harimo n’inyubako zimwe za leta, akaba ariho aba baturage bahera basaba ko zakitabwaho zikavugururwa kugira ngo akarere ka Nyabihu kagire isura nziza.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru